Isoko ryo “Kwa Mutangana” rigiye kongera gufungura imiryango

Nyuma y’igihe gikabakaba ukwezi isoko rya Nyabugogo rizwi nko “Kwa Mutangana” rifunzwe, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali kuri uyu wa 13 Nzeri 2020 bwatangaje ko rifungura ku wa Kabiri.

Amaseta yongereweho atarasanzwe mu myubakire agomba kuvaho, abacururizaga mu nzira nabo basabwe kuhava, mu rwego rwo kugabanya ubucucike bw’abarikoreramo.

Abacuruzi n’abaranguza imboga n’imbuto, ngo bazakomeza kubikorera ku Giti cy’Inyoni, mu gihe abaranguza ibirayi barakomeza kubikorera mu Nzove.

Tariki ya 16 Kanama 2020 ni bwo Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko bufunze isoko rya Nyabugogo n’iry’unujyi rizwi nka Kigali City Market, bitewe n’umubare munini w’abanduye Covid-19 wari wayagaragayemo.

Isoko rya Kigali City ryo ryafunguye tariki ya 3 Nzeri 2020 bitewe n’uko abarikoreragamo bapimwe, n’abo bahuye na bo bagakurikiranwa ndetse n’inyubako zigaterwa umuti wo kuzisukura.

Nk’uko bisanzwe, iri soko rizajya rikoreramo 50% by’abari basanzwe barikoreramo, bagende basimburana.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *