Israel irakeka ko yaba yivuganye Yahya Sinwar

Igisirikare cya Israel (IDF) cyatangaje ko cyivuganye “ibyihebe bitatu” byo mu mutwe wa Hamas wo muri Palestine, kikavuga ko abo cyishe bashobora kuba barimo Yahya Sinwar wari umuyobozi mukuru w’uriya mutwe.

IDF ibicishije ku rubuga rwayo rwa X yatangaje ko bariya bantu batatu yabiciye mu bitero ingabo zayo zagabye muri Gaza.

Yunzemo iti: “IDF na ISA (urwego rushinzwe umutekano muri Israel) barimo bagenzura ko kimwe mu byihebe byaba ari Yahya Sinwar.”

Israel icyakora ivuga ko kugeza ubu imyirondoro y’abo yivuganye idashobora kwemezwa.

Yunzemo ko inyubako bariya bantu bo muri Hamas biciwemo nta kimenyetso cy’uko yarimo abanya-Israel bafashwe bugwate n’uriya mutwe.

Yahya Sinwar Israel ikeka ko ishobora kuba yivuganye ayobora Hamas kuva muri Kanama uyu mwaka.

Ni nyuma yo gusimbura ku buyobozi bw’uriya mutwe Ismail Haniyeh wiciwe i Tehran muri Iran; bigakekwa ko na we ari Israel yaba yaramwivuganye.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *