Israel iravugwaho gukora ubwicanyi muri Gaza bushobora gukoma mu nkokora agahenge

Umuhinzi w’Umunyapalestine yapfuye undi arakomereka nyuma yo kwibasirwa n’ingabo za Issrael mu nkambi y’impunzi ya Maghazi yo mu karere ka Gaza, nkuko byatangajwe na Croix Rouge y’Abanyapalestine, ikintu gisa nk’igishobora guhungabanya agahenge hagati ya Israel na Hamas.

Nta bisobanuro byatanzwe na Israel kuri aya makuru ariko hari impungenge ko bishobora guhungabanya icyiciro cya gatatu cy’umugambi wo kugurana imbohe 50 zafashwe n’umutwe w’abarwanyi wa Hamas n’imbohe z’Abanyapalestine 150 ziri muri gereza za Israel mu gihe cy’iminsi ine.

Umwe mu bayobozi bakuru ba Palesitine yavuze ko icyiciro cyo ku Cyumweru gisa nk ‘”ingorabahizi”. Abajijwe na Reuters niba iyicwa ry’umuhinzi rishobora gutinza icyiciro cya gatatu cyo kurekurwa, yasubije ati: “Simbizi”.

Maghazi, agace ko hagati muri Gaza, gatuwe n’imiryango cyangwa abakomoka ku mpunzi kuva mu ntambara yo mu 1948 yo gushinga leta ya Israel.

Ku Cyumweru, Abisiraheli 13 n’abenegihugu bane bo muri Thailand bageze muri Israel nyuma y’irekurwa rya kabiri ry’imbohe zafashwe na Hamas nyuma y’ubukererwe bwatewe n’amakimbirane yerekeranye no gutanga imfashanyo muri Gaza.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *