Umubare w’abasiviri n’abasirikare bakomeje gupfira mu ntambara ihuza Israel na Hamas ukomeje gutumbagira ku rwego rwo hejuru aho imiryango mpuzamahanga ikomeje guhaguruka ikangurira impande zombi guhagarika intambara.
Abasirikare barenga 20 ku ruhande rwa Israel bamaze gucwa nyuma y’igitero cya Gaza cyagabwe ahari ibirindiro bya Israel.
Usibye aba basirikare barenga 20 ba Israel bishwe na Hamas kandi, hari n’undi mubare w’abasivile bahasize ubuzima, abandi barakomereka udasize n’ababuze aho bakinga umusaya ko abo barwanyi basize basenye inyubako zirimo n’inzu z’abaturage.
Uyu mutwe wa Hamas, ibi wabifashe nk’intsinzi ikomeye yo kwigaranzura ingabo za Israel zikomeje guhitana ubuzima bwa benshi muri Gaza.
Kugeza ubu ibihumbi n’ibihumbi by’abaturage bakomeje gupfa nyuma yo kubura imbangukiragutabara zitwara indembe zibajyana kwa muganga.Inzego z’Ubuzima muri Gaza yanatangaje ko kandi muri iki cyumweru Abanyapalestine barenga 50 bapfuye mu munsi umwe gusa, naho abarenga 120 barakomereka.
Kuva iyi ntambara yatangira umwaka ushize mu Ukwakira, Abanyapalestine bagera ku 25 490 bamaze kuhasiga ubuzima, naho 63 354 barakomeretse abandi benshi bavuye mu byabo barahunga.


