Abadepite babiri b’abongereza basubijwe mu Bwongereza nyuma yo kugerageza kwinjira muri Israel banenze icyemezo cy’iki gihugu kuri iki Cyumweru gishize, itariki 6 Mata 2025. Aba bombi, bo mu ishyaka ry’Abakozi riri ku butegetsi mu Bwongereza, bashakaga gusura agace ka West Bank kigaruriwe, Israel ivuga ko bashakaga guteza ibibazo.
Abtisam Mohamed na Yuan Yang, bombi bakomoka mu ishyaka ry’Abakozi muri iki gihugu, bagiye muri Israel bari kumwe n’itsinda ry’intumwa z’abadepite, ariko bahagarikwa n’abayobozi ba Israel kubera ibyo Ambasade ya Israel mu Bwongereza yise ko wari umugambi wabo wo guteza ibikorwa byo kurwanya Israel.
Aba bombi mu itangazo ryabo nyuma yo gusubira i Londres, bagize bati: “Twatangajwe n’intambwe itarigeze ibaho yatewe n’abayobozi ba Israel yo kwangira abadepite b’Abongereza kwinjira mu rugendo rwacu rwo gusura West Bank yigaruriwe.”
Iri tangazo nk’uko tubikesha Deutsche Welle ryakomeje rigira riti: “Ni ngombwa ko abadepite babasha kwibonera ubwabo uko ibintu byifashe ku butaka bwa Palesitine bwigaruriwe.”
Ambasade ivuga ko aba bari bafite gahunda yo kwangiza
Nk’uko ambasade ya Israel i Londres ibitangaza, abo banyapolitiki bombi “bashinjaga Israel ibirego by’ibinyoma, bagize uruhare runini mu guteza imbere ibihano kuri ba minisitiri ba Israel, kandi bashyigikira ubukangurambaga bugamije kwanga igihugu cya Israel,” mu gihe Mohamed na Yang bavuze ko bavuze ku kamaro ko gukurikiza amategeko mpuzamahanga.
Bombi bavuze ko abadepite bagomba kugira ubushobozi bwo “kuvugisha ukuri,” badatinya ko bakwibasirwa. Gusa, ikibazo gikunze kuvuka aha, ni ni iki cyemeza ko uvuga ukuri cyangwa utavuga ukuri?
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bwongereza, David Lammy, yavuze ko uburyo abayobozi ba Israel bafashe abadepite bombi b’u Bwongereza atari uburyo bukwiye bwo gufata abadepite.
Ntabwo ari ubwa mbere Israel yaba ifashe iki cyemezo
Abagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Burayi ndetse n’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mbere bagiye babuzwa kwinjira mu gihugu cya Israel ku mpamvu zisa nk’izavuzwe haruguru, aho izina rizwi riheruka kongewe kuri urwo rutonde ari Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres.
Israel yavuze ko impamvu y’iki cyemezo ari uko Guterres “atigeze yamagana” igitero cya misile cya Irani yagabye kuri iki gihugu mu Kwakira umwaka ushize wa 2024.


