Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano avuga ko byibuze abarwanyi icyenda ba CODECO kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 25 Werurwe, bishwe abandi bane barakomereka mu mirwano hagati yabo n’Ingabo za Uganda (UPDF), mu Mudugudu wa Beteleem muri Fataki, muri Teritwari ya Djugu, mu Ntara ya Ituri, mu gihe UPDF ibabajwe n’umusirikare wakomeretse bikabije.
Nk’uko aya makuru y’umutekano abitangaza, ngo iki kibazo cyateje urujya n’uruza rw’abaturage muri ako karere bari guhunga bagana ahantu hatekanye nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ikomeza ivuga.
Hagati aho, urujya n’uruza ku muhanda wa 27 ukomeje gufungwa kubera umutekano muke wiyongereye. Bivugwa kandi ko amakamyo 300 y’ibicuruzwa yaheze hagati ya Teritwari za Mahagi na Djugu mu Ntara ya Ituri, kubera iyo mirwano.
Mu mpera z’icyumweru gishize, havuzwe n’ubundi imirwano hagati y’Ingabo za Uganda (UPDF) n’inyeshyamba za CODECO muri uyu mudugudu na none.


