screenshot_20200601-003610_1590964616892.jpg

Izamuka ry’ibiciro by’ingendo ridasanzwe mu Ntara na Kigali nyuma y’imyaka ibiri

Ubusanzwe, ibiciro by’ingendo bigenwa n’Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere, RURA, ni iby’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange. Humvikana izamuka ry’ibiciro iyo habayeho izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli gusa nta mpinduka nini zabagaho muri icyo gihe.

Ntibisanzwe! Ni koko kuko icyorezo cya Covid-19 cyazanye ingaruka nyinshi ku buzima bw’abatuye Isi, zigera ku Banyarwanda n’abarutuye. Ingendo zarasubitswe, zirasubukurwa hagati mu Ntara na Kigali, ariko hagabanywa umubare w’abagendera mu modoka, ibiciro by’ingendo birazamurwa.

Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuri uyu wa 2 Kamena 2020 yemeje isubukurwa ry’ingendo z’imodoka rusange hagati y’Intara zitandukanye n’Umujyi wa Kigali. Na moto zemerewe gutwara abagenzi ariko birabujijwe kuva cyangwa kujya mu turere twa Rusizi na Rubavu kuko twamaze gushyirwa mu kato. Ibi bisobanuye ko ibiciro bishya yashyizeho ku wa 31 Gicurasi 2020 bitangira kubahirizwa.

Mu 2018, umuhanda wa Kigali-Huye-Kamembe [n’ubwo ubu kugera i Kamembe bibujijwe] wiyongereyeho amafaranga 2600 rwf y’igiciro kuko yavuye ku 5780 rwf agera ku 8380 rwf nk’uko bigaragara ku mbonerahamwe y’ibiciro bishya by’ingendo.

Ubwo muri Mata 2018 hashyirwagaho ibiciro bishya, impinduka nini yari yarabaye kuri uyu muhanda n’iy’inyongera ya 550 rwf, aho igiciro cyavuye ku 5230 rwf kigera ku 5780 rwf. Iri zamuka ryageze no ku yindi mihanda hafi ya yose mu gihugu.

Ibiciro bishya by’uyu wa 31 Gicurasi 2020

Imwe mu mihanda iva i Kigali ijya mu ntara 2018-2020)

  • Kigali Gatuna : 1640 rwf-2380 rwf
  • Kigali-Gicumbi : 1160 rwf-1680
  • Nyabugogo-Kagitumba : 3990 rwf-5790rwf
  • Kigali-Kayonza : 1580 rwf-2290 rwf
  • Nyabugogo-Nyagatare : 3390 rwf-4920 rwf
  • Kigali-Huye : 2770 rwf-4020 rwf
  • Kigali-Muhanga:1030 rwf-1490 rwf
  • Kigali-Mushubi: 4810 rwf-6970 rwf
  • Kigali-Nyamagabe : 3360 rwf-4870 rwf
  • Kigali-Nyanza : 1850 rwf-2680 rwf
  • *Kigali-Huye-Kamembe : 5780 rwf-8380 rwf (Kuva no kujya i Kamembe birabujijwe)
  • *Kigali-Karongi-Kamembe : 5200 rwf-7540 rwf (Kuva no kujya i Kamembe birabujijwe)
  • Kigali-Karongi : 2780 rwf-4030 rwf
  • Kigali-Ngororero : 2220 rwf-3220 rwf
  • Kigali-Musanze : 1930 rwf-2800 rwf
  • Kigali-Rubavu : 3310 rwf-4800 rwf (Kuva no kujya i Rubavu birabujijwe)
  • Kigali-Kayonza-Rusumo : 3550 rwf-5150 rwf
  • Kigali-Rwamagana-Zaza : 2800 rwf-4060 rwf

Ibiciro bishya by’ingendo mu mihanda yose

screenshot_20200601-003610_1590964616892.jpg

screenshot_20200601-003815_1590964755960.jpg

screenshot_20200601-004000_1590964852309.jpg

screenshot_20200601-004217_1590964984481.jpg

screenshot_20200601-004417_1590965113370.jpg

screenshot_20200601-004711_1590965262319.jpg

Ibiciro byo muri Mata 2018

screenshot_20200601-005528_1590965763720.jpg

screenshot_20200601-005809_1590965940054.jpg

screenshot_20200601-010109_1590966137608.jpg

screenshot_20200601-010409_1590966275913.jpg

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *