Jakaya Mrisho Kikwete wayoboye Tanzania, inshuti ye Joseph Kabila wayoboye Repubulika ya demukarasi ya Congo na Félix Tshisekedi Tshilombo wamusimbuye ku butegetsi bari mu mujyi wa Lubumbashi mu ntara ya Haut-Katanga.
Kikwete usanzwe ari Perezida w’inararibonye n’inzobere zo mu muryango w’akarere ka Afurika y’amajyepfo, SADC, yageze i Lubumbashi kuri uyu wa 2 Ukwakira 2023, akaba yitabiriye ubutumire bwa Tshisekedi.
Ubwo yageraga i Lubumbashi, yakiriwe na Guverineri w’intara ya Haut-Katanga n’intumwa yihariye ya Tshisekedi, Serge Tshibangu, amenyesha itangazamakuru ko ategereje kuganira na Perezida wa RDC, akamubwira icyatumye amuha ubutumire.
Tshisekedi yageze i Lubumbashi tariki ya 1 Ukwakira 2023, hamwe n’umugore we, Denyse Nyakeru. Ibiro bye byasobanuye ko ari uruzinduko rw’akazi, rukubiyemo ibikorwa bitandukanye birimo gutangiza iyubakwa ry’umuhanda wa Kasomero-Kasenga-Chalwe no gufungura indi yamaze gukorwa.
Amakuru aturuka mu banyamakuru b’Abanyekongo aravuga ko mu byajyanye Kikwete i Lubumbashi harimo guhuza Tshisekedi na Kabila bamaze igihe kinini batavugana biturutse ku mubano w’ihuriro mpuzamahashyaka rya FCC na CACH wahagaze.
Ubu buhuza buvuzwe mu gihe Tshisekedi ari ku gitutu gituruka ku kuba yararahiriye gutsinda umutwe witwaje intwaro wa M23, ntabigereho, akaba kandi ari mu myiteguro y’ibikorwa byo kwiyamamariza manda ya kabiri, cyane ko amatora ateganyijwe mu Kuboza 2023.


