Général de Brigade Denis N’Canha wari ukuriye umutwe w’ingabo zari zishinzwe kurinda Perezida Umaro Sissoco Embalò wa Guinée-Bissau, yatangaje ko bafashe icyemezo cyo kumuhirika ku butegetsi mu rwego rwo kuburizamo umugambi mubisha ku gihugu w’abanyapolitiki bakorana n’umucuruzi ukomeye w’ibiyobyabwenge.
Ku wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo ni bwo Perezida Embalò yatangaje ko yahiritswe ku butegetsi, nyuma yo gutabwa muri yombi afatanwe n’abarimo uwari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Guinée, Umugaba Mukuru w’Ingabo wungirije ndetse na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu.
Kugeza ubu ntibiramenyekana neza aho Perezida Umaro afungiye.
Abasirikare bamuhiritse biciye muri Gen Denis N’Canha, batangarije kuri Televiziyo y’Igihugu ko bahagaritse inzira y’amatora, mbere y’amasaha make ngo hatangazwe ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku Cyumweru gishize.
Uwo Jenerali yasobanuye ko bakoze coup d’état kugira ngo barinde igihugu umugambi mubisha w’abanyapolitiki batatangajwe amazina bari bashyigikiwe n'”umucuruzi ukomeye w’ibiyobyabwenge” bashakaga guhungabanya igihugu.
Abo basirikare banatangaje ko bafunze imipaka, banashyiraho gahunda y’umukwabu n’amasaha abantu batagomba kurenza bataragera mu ngo zabo.
Gen. N’Canha mu itangazo yasomeye kuri Televiziyo, yavuze ko abasirikare bashyizeho “Urwego rukuru rw’ingabo zishinzwe kugarura umutekano” kandi asaba abaturage “gukomeza gutuza.”
Amakuru kuri ubu avuga ko ahantu hose i Bissau hashyizwe bariyeri z’igenzura, kandi ko imihanda yeraga nta bacaracara mbere y’uko gahunda yo gutegeka ko saa 19:00 GMT, abantu bose bagomba kuba bari mu ngo zabo.
Guinée-Bissau imaze kubamo nibura ihirikwa ry’ubutegetsi inshuro enye, hatabariwemo inshuro byageragejwe ariko ntibigerweho kuva babona ubwigenge.
Embaló wavuze ko yakunze kurokoka kenshi igeragezwa ryo kumuhirika mu gihe yari ku butegetsi, yashinje Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka kuba ari we wateguye coup d’état yasize ahiritswe.
Uyu mugabo w’imyaka 53, yahiritswe mu gihe yari afite intego yo kwandika amateka nk’umuperezida rukumbi w’iki gihugu ushoboye kubona manda ebyiri zikurikirana mu myaka 30 ishize.


