Joe Biden yakoze amateka ku bademukarate muri Leta ya Georgia

Amateka agaragaza ko Perezida watowe w’Amerika Joe Biden yatsinze muri leta ya Georgia, aba umukandida wa mbere w’umudemokarate utsinze muri iyi leta guhera mu mwaka wa 1992.

Uko gutsinda muri Georgia gushimangiye intsinzi ya Bwana Biden, ubu ugize amajwi 306 y’intumwa zitora – uburyo Amerika ikoresha mu gutora perezida.

Bigaragara ko Perezida Donald Trump atsinda muri leta ya North Carolina, akagira amajwi 232 y’intumwa zitora.

Bwana Trump, kugeza ubu utaremera ko yatsinzwe, ku nshuro ya mbere yabaye nk’uca amarenga ko mu kwezi kwa mbere hashobora kuzaba hariho ubutegetsi bushya.

Agaragara nk’uwigunze, habuze gato ngo Perezida Trump yemere ko yatsinzwe, mu ijambo rya mbere yavuze kuva ibitangazamakuru byo muri Amerika byagaragaza ko yatsinzwe amatora.

Yarivugiye mu itsinda ry’ubutegetsi bwe ryo kurwanya coronavirus.

Ari mu busitani bwa Rose Garden bwo mu nyubako y’ibiro bye bya White House, yavuze ko ubutegetsi bwe butazashyiraho gahunda ya guma mu rugo, muri iki gihe ubwandu bukomeje kwiyongera mu gihugu, yongeraho ati:

“Ikizaba mu gihe kiri imbere icyo ari cyo cyose, ni nde wamenya ubutegetsi buzaba buriho. Ntekereza ko igihe kibiduhishiye”.

Perezida Trump, utavuze Bwana Biden mu izina, ntabwo yemeye ko abanyamakuru bamubaza ibibazo.

Hakomeje kwiyongera igitutu kuri Bwana Trump, umurepubulikani, ngo yemere ko Bwana Biden yamutsinze mu matora, no gufasha mu gutegura kujyaho k’ubundi butegetsi.

Georgia na North Carolina ni zo leta za nyuma zigaragajwe uwazitsinzemo muri aya matora ya perezida muri Amerika.

Amajwi y’intumwa zitora Bwana Biden yagize angana n’ayo Bwana Trump yagize ubwo yatsindaga Hillary Clinton mu matora yo mu 2016. Icyo gihe Bwana Trump yavuze ko ari “intsinzi y’ubwiganze bw’amajwi”.

BBC

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *