Joe Biden yatorewe kuba Perezida wa Amerika atsinze Trump bari bahanganye

Umudemokarate Joe Biden atorewe kuba Perezida wa 46 wa Leta zunze ubumwe za Amerika, nyuma yo gutsinda Perezida ucyuye igihe, Donald Trump wo mu ishyaka ry’Abarepubulikani bari bahanganye mu matora y’umukuru w’igihugu.

Biden wabaye Visi-Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika mu gihe cya Barack Obama, yegukanye insinzi mu matora y’umukuru w’igihugu nyuma yo kugeza ku majwi 270 y’intumwa umukandida akenera kugira ngo atorerwe kuyobora Amerika.

Magingo aya Biden amaze kugeza ku majwi y’intumwa 284, mu gihe hagisigaye Leta enye zitararangiza igikorwa cyo kubarura amajwi. Leta zitararangiza kubarurwa amajwi kandi nazo akaba ayoboye zirimo Georgia, Arizona na Nevada. Naramuka azitsinze, bishobora kurangira agize amajwi 306.

Biden w’imyaka 78, niwe uzaba ubaye Perezida wa Amerika ukuze kurusha abandi mu gihe azaba arahira muri Mutarama umwaka utaha. Atowe mu gihe isi n’igihugu cye by’umwihariko biri mu bihe bidasanzwe by’icyorezo cya Coronavirus, n’imanurk arikabije ry’ubukungu riheruka mu myaka hafi 90 ishize.

Leta ya Pennsylvania ibarirwa umubare w’intumwa 20 yari ahanganiyemo cyane na Perezida Donald Trump ni yo yamuhesheje insinzi mu matora y’umukuru w’igihugu.

Mu butumwa Perezida mushya wa Leta zunze ubumwe za Amerika yanyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, yavuze ko ari icyubahiro gikomeye kuba Abanyamerika bamutoreye kuyobora kiriya gihugu k’igihangange.

Ati: “Amerika, ntewe icyubahiro no kuba mwampisemo ngo nyobore igihugu cyacu cy’igihangange. Akazi kari imbere yacu kazaba gakomeye, ariko ndabasezeranya iki: _Mwaba mwarantoye cyangwa mutarabikoze, nzakomeza ukwemera k’uko mugira umwanya muri njye.”

Kuva ibarura ry’amajwi ryatangira ku wa Gatatu w’Iki cyumweru, Perezida ucyuye igihe wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Donald Trump, yakunze kugaragaza ko ariya matora yaranzwe n’uburiganya bukomeye cyane, avuga ko aziyambaza Urukiko rw’Ikirenga kugira ngo abe ari rwo rumurenganura.

Perezida Trump, abagize umuryango we n’abamushyigikiye, bakunze gusaba ko igikorwa cyo kubarura amajwi cyahagarara kubera uburiganya, gusa icyo cyemezo nta na rimwe kigeze gihabwa agaciro.

Gutorwa kwa Joe Biden nka Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika bisobanuye ko Camala Harris wo mu ishyaka ry’Abademokarate yahise aca agahigo ko kuba Visi-Perezida wa mbere wa Amerika w’umugore.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *