Umutwe witwaje intwaro wa M23 yashyikirije ivuriro muri gurupoma ya Jomba, teritwari ya Rutshuru muri Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) imfashanyo yiganjemo ibiryamirwa (matelas) n’amashuka bigenewe abaturage bivurizayo.
Ni igikorwa cyayobowe n’abayobozi batandukanye b’uyu mutwe ku rwego rwa gisirikare barimo: Colonel Séraphin Mirindi, Colonel Julien Mahano n’Umuvugizi wawo, Major Willy Ngoma, kuri uyu wa 31 Kanama 2023.
Major Ngoma wayoboye iki gikorwa yasobanuriye abaturage ko Leta yabatereranye, ariko M23 ibitaho. Ati: “None ni ku wa 31 Kanama 2023, Congo ifite ikibazo gikomeye cyane. Umunyekongo ntazi icyo yakora. Kubera iki? Dufite ubuyobozi bubi.” Ku bwicanyi bwakorewe abigaragambya, ati:“Ntimuzi ibyebereye i Goma ejo?”
Akomeza ati: “Ibibera muri Ituri. Leta ya Congo ntishoboye kurinda abaturage. Aho M23 igenzura muri abagabo bo kubihamya. Muryama uko mubishaka, mukagenda ijoro n’amanywa mu mutekano ariko ahagenzurwa na Leta barashimuta, bariba, basambanya ku ngufu, barica ariko twebwe M23 duhari ku bw’abaturage. Abaturage bakwiye kumenya ko umwanzi ukomeye wa M23 ari abanyapolitiki ba Congo.”
Colonel Mirindi yasabye abaturage bo muri Jomba kujya bivuriza mu mavuriro arimo iryo muri aka gace, byananirana bakoherezwa muri Bunagana, na bwo byakwanga bakajyanwa mu bitaro bya Rutshuru bitanga ubuvuzi bwisumbuyeho. Yababujije kurwarira mu rugo.
Yagize ati: “Ubutumwa twaha abantu bacu bari mu bice tugenzura, mu gihe haba ikibazo, hano hari abaganga.” Yerekanye umuganga, maze akomeza avuga ati: “Azatumenyesha ibibazo byanyu, dushake uburyo twabikemura. Ntihakagire urinda apfira mu rugo atagiye ku bitaro. Ntihakagire upfa akoresha imiti ya gakondo, indwara zose tuzijyane ku bitaro. Kubyarira mu rugo ntitubyemera.”
Ubuyobozi bwa M23 buravuga ko, kubera ko ubutegetsi bwa RDC bwananiwe inshingano bufite ku baturage, bukwiye kuvaho, hakajyaho ubushoboye.




