Senateri Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kugeza mu ntangiriro y’2019, yakoze impanuka ikomeye kuri uyu wa 18 Ukuboza 2021, Imana ikinga akaboko.
Amakuru aturuka muri RDC avuga ko imodoka (Jeep) ya Kabila wari ugeze ku irembo ry’urugo rwe mu gace ka Kingakati mu murwa mukuru, Kinshasa, yacitse feri, ikomereza mu kibanza.
Bivugwa ko Kabila yahise ajyanwa ku bitaro, abaganga baramusuzuma, basanga nta kibazo gikomeye yagize, ni ko kumusezerera, asubira mu rugo.
Nta waguye muri iyi mpanuka, gusa bivugwa ko hari uwakomerekeyemo bikabije.


