20250530_142129

Kabila yahuye n’abayobozi gakondo bo muri Kivu y’Amajyaruguru

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Gatanu yakiriye anagirana ibiganiro n’abayobozi gakondo bo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Kabila ari i Goma kuva ku Cyumweru gishize. Yahatahukiye nyuma y’igihe kinini aba mu buhungiro yari yaragiyemo muri 2023.

Yahuye na bariya bayobozi gakondo, mu gihe ejo ku wa Kane yari yakiriye abayobozi b’amadini atandukanye akorera muri Kivu y’Amajyaruguru.

Amakuru kandi avuga ko muri iki cyumweru Joseph Kabila yahuye n’abanyapolitiki batandukanye, barimo umuhuzabikorwa w’Ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo M23, Corneille Nangaa.

Amakuru avuga ko Kabila akomeje kuganira n’abantu b’ingeri zitandukanye mu rwego rwo kurebera hamwe uko bafatanya gukura Congo mu bibazo irimo byanatumye yisanga mu ntambara imazemo imyaka irenga itatu irwanamo n’umutwe wa M23.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *