Kabuga arasaba kuburanira i La Haye

Ubwunganizi bwa Kabuga bwongeye gusaba ko yakoherezwa kuburanira i La Haye mu gihugu cyu Buholandi, aho kujyanwa Arusha muri Tanzania, kuko bibangamiye uburenganzira bwe kandi bishobora gushyira ubuzima bwe mu kaga.

Kubera izo mpamvu, Urukiko rukwiye “gutegeka ko Kabuga yoherezwa i La Haye”. Ni uko umunyamategeko Me Emmanuel Altit, umwunganizi wa Kabuga mu byamategeko, asoza ibaruwa y’ubusabe yandikiye Perezida w’Urwego rwa MICT rwasigariyeho Urukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (TPIR).

Muri iyi nyandiko, ikiri ibanga kubera ko “ikubiyemo amakuru y’ubuzima bwa Kabuga”, yashyikirijwe kuri uyu wa 5 Ukwakira, Ubwanditsi bw’urwego rwa MICT rwasigariyeho Urukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda, basaba ibintu bitatu. Ibyo ni: “ugusubika iyoherezwa rya Kabuga aho ari ho hose, mu gihe hategerejwe icyemezo kuri ubu busabe, guhindura impapuro zo guta Kabuga muri yombi zo ku 29 Mata 2013 no gutegeka ko Kabuga yoherezwa i La Haye”.

Ubu busabe bwa Kabuga, buri mu burenganzira bwe gutambamira ko yoherezwa imbere ya MICT, buje bukurikira icyemezo ndakuka cyUbutabera bwu Bufaransa, cyo ku wa 30 Nzeri cyo kumushyikiriza uru rwego.

Ubuzima ni ryo pfundo ry’ikibazo

Muri ubu busabe bw’abunganira Kabuga, ikibazo cyo kubungabunga ubuzima bwe ni cyo kigaruka mu mpamvu eshatu zishimangira ubusabe bwo kohereza i La Haye, aho kujya Arusha.

Impamvu ya mbere ni “Ikibazo cy’ubuzima bwa Kabuga Felesiyani ntikimwerera koherezwa Arusha”. Ibi ni ibyemejwe, bisabwe n’urwego rw’ubwunganizi, n’umuganga w’inararibonye, nyuma yo gusuzuma Kabuga mu mpera z’ukwezi kwa Nzeri no gusuzumana ubushishozi dosiye rusange y’ubuzima bwe.

Indi mpamvu ivugwa n’uriya muganga, ni « kuba muri Tanzania hari ikibazo cya Covid-19 birabuza ko Kabuga yimurirwayo” kandi nta n’ingamba zihari zo kuyirwanya. Uyu muganga ngo asanga kohereza Kabuga Arusha nk’umuntu ushaje kandi ufite ubuzima bujegajega byashyira ubuzima bwe mu kaga.

Kabuga akeneye umuryango we

Indi mpamvu itangwa n’urwego rw’ubwunganizi bwa Kabuga ni uko kohereza Kabuga Arusha muri Tanzania byamutandukanya burundu n’umuryango we.

Ibi ngo byabangamira uburenganzira bwe bwo kubana n’umuryango. Ibi abunganizi bibutsa ko ari uburenganzira buteganywa mu mategeko yose mpuzamahanga arengera uburenganzira bwa muntu. Nyuma y’ibi bisobnauro byose, Me Altit yibutsa ko “Perezida afite uburenganzira bwo gufata icyemezo cyo kohereza Kabuga i La Haye, mu mwanya wa Arusha, kubera ko ari we kamara mu kubahiriza uburenganzira bwa Kabuga n’imitangire myiza yubutabera”.

Nyuma y’itabwa muri yombi rya Kabuga, ku wa 16 Gicurasi 2020 mu gihugu cy’u Bufaransa, Ubushinjacyaha bwa MICT na bwo, ku wa 20 Gicurasi 2020, bwari bwasabye ko Kabuga yakoherezwa i La Haye kubera icyorezo cya Covid 19 cyavugwaga muri Tanzania.

Nyamara, ku wa 27 z’uko kwezi, Umucamanza William Sekule yemeje ko “ubusabe butagaragaza impamvu zifatika” kandi ko “kwimurirwa Arusha bidashobotse mu gihe cyateganyijwe, hasabwa izindi ngamba ziboneye”.
Kabuga arajya i La Haye, arajya Arusha? Igisubizo kiri mu maboko y’umucamanza Carmel Agius, Perezida wa MICT.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *