Karim Benzema yareze Minisitiri wamushyize mu gatebo k’abayisilamu b’abahezanguni

Umukinnyi w’umupira w’amaguru mu Bufaransa, Karim Benzema, yatanze ikirega arega Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu mu Bufaransa amushinja kumusebya ko afitanye isano n’abayisilamu b’abahezanguni.

Minisitiri Gérald Darmanin mu kwezi k’Ukwakira 2023, yavuze ko Bwana Benzema afitanye isano rizwi n’umutwe w’abayisilamu b’Abasuni avuga ko basanzwe bazwiho ubutagondwa.Umwunganizi wa Benzema yavuze ko aya magambo atesha agaciro icyubahiro cya muntu.

Ibi Darmanin yabitangaje ubwo uyu mukinnyi yandikaga ku rubuga rwa twitter ko ababajwe n’abaturage ba Gaza bibasirwa n’ibisasu bigahitana abagore n’abana.Uyu Darmanin yavuze ko impamvu Benzema ahangayikiye aba banyegaza ari uko bafitanye isano ishingiye ku buyisilamu.

Bidatinze Karim Benzema, w’imyaka 36, ​ usanzwe ari n’umuyisilamu ukomoka muri Algeria, yahise ahakana ko kuba ari umusilamu bidasobanuye ko ariyo mpamvu yavuganiye abanyegaza bityo akagaragaza ko minisitiri yamusebeje.

Mu kirego cye cy’impapuro 92, cyatangajwe cyane mu bitangazamakuru byo mu Bufaransa ku wa kabiri, avuga ko yasebejwe kandi bitazagarukira aho.

Uyu mukinnyi wahoze akinira ikipe ya Real Madrid ubu akaba abarizwa muri Saudi Arabia,yongeyeho ko barimo kwifashisha izina rye nk’ikimenyabose bakarikoresha mu mukino wa Politiki kandi bitari mu byo yifuza.

Umwunganizi we Hugues Vigier yatangarije ikinyamakuru cyo mu Bufaransa RTL ko uyu mukinnyi yahohotewe n’uyu minisitiri w’imbere mu gihugu akamuzana mu bya politiki akanakoresha izina rye mu kubiba inzangano.Kugeza ubu Bwana Darmanin ntaragira icyo atangaza kuri iki kirego.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *