Urugo rwa Dr Fred Matiang’i wabaye Minisitiri w’umutekano w’imbere muri Kenya rwaraye rugoswe n’abapolisi bataramenyekana, bica igikuba mu nzego zitandukanye z’igihugu.
Ikinyamakuru Citizen cyatangaje ko umubare utazwi w’abapolisi kabuhariwe ba Kenya ari bo baraye bagose urugo rwa Matiang’i ruherereye mu gace ka Karen mu murwa mukuru, Nairobi, mu ijoro.
Abanyamategeko ba Dr Matiang’i batangaje ko impamvu yo kugota uru rugo y’aba bapolisi itigeze imenyekana, ndetse ko atigeze amenyeshwa mbere niba hari icyaha akurikiranweho, gusa amakuru y’uko iki gikorwa kiba ngo biriwe bayumva ahwihwiswa.
Me Danstan Omari yaraye agize ati: “Ndemeza ko ubuzima bwa Matiang’i buri mu kaga. Ntabwo tuzi impamvu yo gushaka gutera urugo twe muri iri joro. Ntabwo tuzi icyaha yakoze. Umukiriya wacu yiteguye kwitaba kandi agakora inyandiko mu gihe hari icyo ashinjwa. Umukiriya wanjye afatwa nk’umunyabyaha w’impunzi uri mu gihugu cye.”
Si abanyamategeko ba Matiang’i gusa bari bagiye kureba ibibera mu rugo rwe, kuko n’umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kenya, Raila Odinga, yari ahari, kandi yamaganye rugikubita iki gikorwa yemeza ko ari ikimenyetso cy’ubutegetsi bw’igitugu bwa Perezida William Ruto.
Odinga yagize ati: “Dr Fred Matiang’i yabaye Minisitiri w’umutekano w’imbere, kandi arasaba ko ubutegetsi butemewe bumufata mu buryo bwemewe kandi bwubahiriza uburenganzira bwe. Ntabwo tuzemera ko iminsi y’umwijima y’igitugu igaruka. Tumuri inyuma kugeza ku iherezo. Ndava mu rugo rwa Matiang’i ari uko ikibazo gikemutse.”
Nk’uko ikinyamakuru Daily Nation cyabitangaje, byaketswe ko abapolisi bagose urugo rwa Matiang’i boherejwe n’urwego rushinzwe gukurikirana abakekwaho ibyaha bya ruswa no kunyereza umutungo w’igihugu (EACC) gusa Twalib Mbarak uruyobora yaraye asobanuye ko nta bo rwohereje. Ati: “Ntabwo ari twebwe. EACC ntabwo iri mu rugo rwa Matiang’i.”
Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Kenya, Japhet Koome, na we yabajijwe niba hari abapolisi b’igihugu boherejwe mu rugo rwa Matiang’i, arabihakana kuri uyu wa 9 Gashyantare 2023. Ati: “Nta ofisiye wa Polisi y’igihugu woherejwe mu rugo rwa Matiang’i mu ijoro ryakeye.”
Ubwo abanyamategeko ba Dr Matiang’i n’abarimo Raila Odinga bajyaga kureba ibyaberaga muri uru rugo, aba bapolisi bahise basubika igikorwa cyo kumuta muri yombi cyangwa kumusaka, nk’uko bivugwa, basubira iyo bavuye.


