66da98c79fe7166da98c79fe72172560199166da98c79fe6f66da98c79fe70-6d4c0

Kenya: Inkongi y’umuriro yishe abana batatu bavukanaga

Mu gihugu cya Kenya haravugwa Inkuru y’agahinda, aho abana batatu bari basigaye mu nzu y’iwabo bonyine bishwe n’inkongi y’umuriro yabaye ku wa Gatanu tariki ya 6 Ukuboza 2024. Bikaba bivugwa ko mukuru wabo yari yasize abakingiraniye mu nzu hanyuma iturika ryaba bakabura aho banyura.

Abatangabuhamya babonye iyi nkongi iba, bemeza ko impanuka yabereye mu gace ka Moburo ho muri Kericho. Ni nyuma y’uko abana batatu bari mu kigero cy’imyaka 4-10 bahiriye mu nzu bagakongoka; ngo ibi byabaye mukuru wabo wari wabakingiranye yigiriye gukina.

Abaturage bo mu mudugudu wabereyemo iyi nkongi yahitanye ubuzima bw’abana batatu, babwiye itangazamakuru ko ababyeyi b’abo bana bari babasize ariko bakaba bari basize telefone icometse, ku buryo ishobora kuba ari yo yaturitse igateza inkongi.

Muri abo bana bose bahiriye mu nzu, umwe muri bo yari afite ubumuga. Inzu babagamo ikaba yari yubakishijwe ibiti ndetse n’amabati.

Ababibonye bavuga ko babonye umwotsi mwinshi uva mu nzu, gusa basanga inzu yose yamaze gufatwa n’umuriro babura uko batabara abana bari bayirimo. Nyuma nibwo polisi yahageze ikura mu nzu imibiri y’abana bose bahiye.

Imibiri y’abana bapfuye yamaze kugezwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Kapkatet, aho bagiye gusuzuma neza icyateye urupfu rwabo ndetse n’iperereza rikaba rigikomeje.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *