Kenya iravuga ko yavumbuye amabuye y’agaciro ya coltan menshi mu gihugu

Kenya yatangaje ko muri iki gihugu habonetse amabuye y’agaciro ya coltan, akoreshwa mu gukora telefone ngendanwa, mudasobwa zigendanwa n’ibindi bikoresho by’itumanaho.

Kuri uyu wa Gatatu ushize, Umunyamabanga w’inama ishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro no kubyaza ubukungu ibikomoka mu nyanja, Salim Mvurya, yavuze ko mu ntara esheshatu habonetse ibirombe bihagije bya coltan.

Aya mabuye y’agaciro adasanzwe, ubusanzwe aboneka cyane mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), akoreshwa cyane cyane mu gukora ibikoresho bya elegitoroniki bikoreshwa cyane, nka terefone zigendanwa, mudasobwa zigendanwa n’ibindi, kandi ivumburwa muri Kenya ryitezweho urwego rw’igihugu mu kohereza amabuye y’agaciro hanze.

Embu iri mu ntara bivugwa ko zabonetsemo aya mabuye y’agaciro nk’uko iyi nkuru dukesha ikinyamakuru The Nation ikomeza ivuga.

Ubwo yatangazaga ibi ku cyicaro gikuru cy’Intara ya Embu, Mvurya yavuze ko guverinoma iri gusuzuma agaciro k’ubukungu bw’aya mabuye y’agaciro.

Mvurya yongeyeho kandi ko laboratoire zizegerezwa abaturage mu ntara nyinshi kugira ngo zifashe gusuzuma amabuye y’agaciro yabonetse.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *