Kenya: Mu minsi ine polisi imaze kwica abaturage 15 bazira kutubahiriza ingamba zo kwirinda Covid 19

Kuva tariki ya 29 Gicurasi kugeza ejo hashize kuwa 01 Kamena 2020 abapolisi bo muri Kenya baranzwe n’uburakari bukabije ku bananiwe kubahiriza gahunda ya guma mu rugo n’izindi zo gukumira ikwirakwira rya Covid 19 iki gihugu cyashyizeho.

Urwego rushinzwe kugenzura abapolisi muri Kenya, IPOA ruri gukora iperereaza mu rwego rwo kurenganura abahohotewe aho bamwe barashwe abandi bagakubitwa bikomeye kugera aho bakomereka byo gupfa.

Anne Makori ukuriye IPOA yagize ati “nyuma y’iperereza ryibanze, 15 barishwe abandi 31 barakomereka aho aba babaye ibitambo by’abapolisi bavugaga ko bari kubabuza kuva mu ngo zabo.”

Citizentv ivuga ko aba bishwe harimo babiri mu gace ka Katanin, abo ahitwa Kabiyet na Nandi bapfuye kuwa 29 Gicurasi 2020, umugabo warasiwe ahitwa Mathare muri Nairobi kuwa 01 Kamena n’abandi batatu bo mu muryango umwe barasiwe Kwale kuwa 31 Gicurasi 2020 hakaza n’umugore warasiwe ku Muhanda wa Emali.

Iperereza nirimara gukorwa abagize uruhare muri ubu bwicanyi bazahanwa hakurikijwe uko amategeko ya Kenya abiteganya

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *