Kenya: Umusenateri ushinjwa kunyereza miliyari 1 Ksh ya buruse yagejejwe mu rukiko

Senateri Jackson Mandago wo muri Kenya, hamwe na bagenzi be bashinjwa kunyereza amafaranga y’ikigega cy’inguzanyo y’abanyeshuri bagombaga kwiga muri Finland na Canada abarirwa muri miliyari 1,1 y’Amashilingi ya Kenya, bitabye urukiko kuri uyu wa Kane, itariki ya 17 Kanama 2023.

Mandago yatawe muri yombi ku wa Gatatu, itariki ya 16 Kanama 2023, n’abashinzwe ubugenzacyaha bo mu Ishami rya Polisi rishinzwe Ubugenzacyaha (DCI) bamujyana i Nakuru kugira ngo ahatwe ibibazo.

Ifatwa rye ryakurikiye impapuro zo kumuta muri yombi zasohowe nyuma yo kunanirwa kwitaba urukiko kugira ngo yumvwe mu iburanisha rya mbere.

Mandago, wahoze ari Guverineri w’Intara ya Uasin Gishu, areganwa n’abayobozi b’intara barimo Meshack Rono, Joseph Maritim, na Joshua Lelei nk’uko iyi nkuru dukesha Nairobinews ivuga.

Nk’uko bigaragara ku nyandiko y’ikirego yabonwe n’iki kinyamakuru, bivugwa ko aba bakekwa baba baragize uruhare mu kunyereza miliyari 1,1 y’Amashilingi bayakuye kuri konti ya KCB mu ishami ryayo mu Mujyi wa Eldoret, yanditswe mu kigega cy’uburezi cya Uasin Gishu.

Ikigega cyabanje kugenerwa amafaranga yo kwiga muri kaminuza zo mu mahanga muri gahunda ya buruse.

Perezida William Ruto, umusangirangendo ukomeye wa Senateri Mandago wabonye uyu mwanya ku itike y’ishyaka United Democratic Alliance (UDA), yagarutse kuri iki kibazo ubwo yari aherutse gusura intara ya Uasin Gishu. Ayo mahano yatumye abanyeshuri benshi bahera mu mahanga.

Muri iki cyumweru, Ruto yemeye ko iperereza rigikomeje ubwo yari yitabiriye inama y’iminsi itatu yabereye muri Uasin Gishu. Yashimangiye ko hakenewe ko abakoresheje nabi amafaranga ya buruse bakemura iki kibazo kandi bakayasubiza.

Perezida Ruto ageza ijambo ku baturage bari bateraniye aho, yagize ati: “Nzi ikibazo cya Finlande, kandi hari ababyeyi batanze amafaranga, ariko aho inkunga yabo iherereye ntiharamenyekana.”

Yasabye umuntu wese wagize uruhare muri ubwo buriganya gukemura vuba iki kibazo cyangwa baguhura n’ingaruka z’amategeko.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *