Kuri uyu wa Kane, abapolisi ba Kenya bashinzwe kurwanya iterabwoba baburiye ko hashobora kuba ibitero by’imitwe yitwaje intwaro, nka Al-Shabaab, mu rwego rwo kugaragaza “kwifatanya na Hamas”.
Kenya, ishyigikiye igihugu cya Israel mu rugamba kirimo kurwana n’umutwe wa Hamas w’abayisilamu bo muri Palesitine, yibasiwe inshuro nyinshi n’ibitero by’umutwe wa Al Shabaab , ufitanye imikoranire n’umutwe wa Al-Qaeda, kuva aho ingabo z’iki gihugu zajya gutabara Somalia mu 2011, hanyuma zikagira uruhare mu ngabo z’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri Somalia (Amisom yabaye ATMIS) mu 2012.
Polisi yo kurwanya iterabwoba muri Kenya yagize ati: “Imitwe y’iterabwoba nka Shabaab ishobora kugaba ibitero mu kwifatanya na Hamas kugira ngo ikomeze kuba ingirakamaro”. Yongeyeho ati: “Abanyakenya bagomba kuba maso kandi bakamenyesha abapolisi ibikorwa by’iterabwoba kugira ngo bagire icyo bakora.”
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Kenya yamaganye, mu itangazo ryo ku wa Gatandatu, “mu buryo bukomeye bushoboka, igitero simusiga cyagabwe n’abarwanyi ba Hamas ku baturage ba Israel”. Yanditse ko “Iki gikorwa cy’urugomo gikabije nticyahungabanije gusa amahoro asanzwe ari macye mu Burasirazuba bwo Hagati, ahubwo kinabangamiye cyane amahoro n’umutekano ku Isi.”
Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, Al Shabaab yavuze ko ishyigikiye Hamas yagabye igitero kuri Israel ku itariki ya 7 Ukwakira, ubwo Abayahudi bari mu isabato. Ni igitero kitigeze kibaho kuri Israel mu myaka myinshi ishize.


