Kenya yisubiyeho ivuga ko nta ndege za Tanzania yigeze ikumira ku butaka bwayo

Guverinoma ya Kenya yisubiyeho ivuga ko nta ndege ziturutse muri Tanzania yigeze ikumira ku butaka bwayo, nyuma y’umwuka mubi wari wavutse hagati y’ibi bihugu kubera ko kimwe cyari cyahagaritse ingendo z’indege z’ikindi kugwa ku butaka bwacyo.

Byatangajwe n’Umunyambanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi muri Kenya, James Macharia mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatandatu, ubwo yasubizaga itangazo Guverinoma ya Tanzania yari yasohoye ku wa 31 Nyakanga, rikuraho icyemezo cyemereraga ingendo z’indege za Kenya Airways ziva Nairobi zigwa ku bibuga by’indege bya Dar es Salaam, Kilimandjaro na Zanzibar ku wa 1 Kanama 2020.

Iri tangazo rya Tanzania ryasaga nk’irisubiza iro Kenya iherutse gusohora ririho urutonde rw’ibihugu 11 indege zabwo zitwara abagenzi zemerewe kugwa ku butaka bwayo, Tanzania ikaba itagarugaragaraho kuko u Rwanda na Uganda aribyo bihugu byo mu karere byari biriho byonyine.

Umunyambanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi muri Kenya, James Macharia yavuze ko Kenya itigeze ikumira indege iyo ariyo yose, kwinjira mu gihugu, harimo na Tanzania, avuga ko uru rutonde rw’ibihugu 11 Kenya ikiri kurwigaho ku buryo rushobora kuvugururwa hakurikijwe uko ibihugu bizajya byitwara mu ngamba zo gukumira icyorezo cya Covid-19.

Yagize Ati: “Nta ndege n’imwe twigeze dukumira. Ntabwo twigeze dufunga ikirere cyacu kuri buri mugenzi wese.” Yongeyeho kandi ko abagenzi bazajya baba bafite urupapuro rugaragaza nta Coronavirus bafite, rwatanzwe mu gihe kitarenze amasaha 96 Kenya itazajya ibashyira mu kato.

Macharia kandi yavuze ko yaganiriye na mugenzi we ushinzwe ubwikorezi muri Tanzania, Eng. Isack Kamwelwe nawe akamwumvisha ko Kenya itigeze ikumira abagenzi bavuye muri Tanzania.

Ibi bihugu byombi byari byanagiriwe inama n’Akanama gashinzwe ubucuruzi mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EABC), ko bigomba gushaka uburyo byakemura uyu mwaka mubi wari watangiye gututumba hagati yabyo bikubahiriza ibikubiye mu masezerano agenga ubucuruzi hagati y’bihugu binyamuryango bya EAC nk’uko Dr Peter Mathuki uyoboye aka kanama yari yabivuze mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryo kuri uyu wa 1 Kanama 2020.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *