Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko abantu 33 ari bo byamenyekanye ko bahitanwe n’imyuzure yatewe n’imvura nyinshi yaguye mu mujyi wa Kinshasa.
Ni imvura yaguye mu mpera z’icyumweru gishize.
Minisiteri y’Umutekano w’Imbere muri RDC yatangaje ko abantu 33 ari bo byamenyekanye ko bamaze gupfa, mu gihe abandi 46 bajyanwa kwa muganga.
Imyuzure kandi yashenye inzu nyinshi z’abaturage ndetse n’ibindi bikorwa remezo bitandukanye, ku buryo urujya n’uruza mu bice byinshi by’umujyi wa Kinshasa rwamaze amasaha menshi rwahagaze.


