Intumwa za AFC/M23 n’iza Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo zasubiye mu biganiro i Doha muri Qatar nk’uko byemejwe na M23. Ibi biganiro byaherukaga mu Gushyingo 2025.
Benjamin Mbonimpa umwe mu bo ku ruhande rwa M23 yatangaje ko “ibiganiro bikomeje kandi biri mu nzira nziza”.
Leta ya Kinshasa ntabwo iremeza niba yitabiriye ibi biganiro kandi ntiyasubije BBC ku kibazo cy’ibi biganiro bishya.
Umuvigizi wa M23 we yemereye iki gitangazamakuru ko intumwa zabo ziri i Doha muri ibi biganiro byatangiye ku cyumweru.
Biteganyijwe ko muri ibi biganiro bishya habanza kurebwa aho ishyirwa mu bikorwa ry’ibyo bari barumvikanyeho mbere rigeze, ni ukuvuga protocole ya mbere n’iya kabiri.
Iya mbere yerekeye guhanahana imfungwa z’intambara, iya kabiri ni agahenge mu mirwano.
Ku kijyanye n’imfungwa z’intambara, M23 ivuga ko muri Kamena(6) ishize yahaye leta izigera ku 1,400 ko itegereje ko leta irekura imfungwa zigera kuri 700 na yo yasabye leta, umuryango wa CICR ni wo yashinzwe igikorwa cyo guhanahana imfungwa.
Haracyari izindi ‘protocoles’ esheshatu (6) zo kwigaho muri ibyo biganiro, uretse ziriya ebyiri, mu zindi harimo iyerekeye ibibazo by’abari mu kaga (questions humanitaires) birimwo impunzi n’abavanwe mu byabo, muri iyo niho hazigwa ifungurwa ry’ikibuga cy’indege cya Goma.
Ibi biganiro birimo kuvugwa mu gihe mu gace ka Minembwe mu ntara ya Kivu y’Epfo hakomeje imirwano ikomeye hagati y’ingabo za leta zifatanyije na Wazalendo, n’abarwanyi ba Twirwaneho bakorana na M23.


