20250904_215002

Kinshasa yakuyeho kwigira ubuntu ku banyeshuri biga mu duce tugenzurwa na M23

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko warakajwe cyane n’icyemezo cya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyo gukuraho kwigira ubuntu, ku banyeshuri biga mu mashuri yo mu duce ugenzura.

Uyu mutwe wemeje ko Kinshasa yafashe kiriya cyemezo, mu itangazo wasohoye kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Nzeri 2025.

Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, yibukije ko iki cyemezo gikurikira ibindi bihonyora abaturage Leta ya RDC yagiye ifata, birimo kubuza abaturage kubikuza amafaranga yabo biciye mu gufunga za Banki ziherereye mu duce tugenzurwa na M23, guhagarika urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu ndetse no gukupira abaturage amazi n’amashanyarazi.

Yavuze ko kiriya cyemezo kandi gikurikira icyo Kinshasa yafashe cyo guhagarikira imishahara n’uduhimbazamusyi abakozi ba Leta mu mezi menshi ashize.

AFC/M23 yagaragaje ko uburezi ari “uburenganzira butaganirwaho kandi bw’ingenzi ku gihugu”, ishimangira ko igomba gukora ibishoboka byose ikaburinda.

Yakomeje igira iti: “AFC/M23 iributsa inashimangira ko kwigira ubuntu atari impano cyangwa ikigongwe gitangwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa. Ni uburenganzira butangwa n’itegeko nshinga buteganywa n’ingingo ya 43 y’itegeko nshinga rya RDC isaba Leta gutanga uburezi bw’ibanze ku buntu”.

Uyu mutwe kandi wagaragaje ko gahunda yo kwigisha ku buntu inashyigikiwe na Banki y’Isi imaze igihe iharanira ko abanyeshuri bigira ubuntu, by’umwihariko abana b’abakobwa bo mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.

Wavuze ko igitangaje ari uko mu burasirazuba bwa RDC n’ahandi hatandukanye, ibyitwa kwigira ubuntu byahindutse “Slogan ya Politiki ikoreshwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa mu rwego rwo kwica mu mutwe abaturage no guhenda ubwenge ababutera inkunga”.

Muri 2020 Banki y’Isi yahaga RDC $ 800 yo gufasha abanyeshuri kwiga ku buntu, gusa M23 ivuga ko aya mafaranga aheruka kongerwa akagirwa $ miliyoni 950.

Ni amafaranga agenewe intara zose za RDC uko ari 26, gusa uriya mutwe uvuga ko intara ebyiri zo mu burasirazuba bwa Congo zavanwe mu zigomba kuyahabwa mu buryo butemewe kandi bw’akarengane.

Ku bwa AFC/M23, kuba Leta ya RDC yahagarikiye Kivu zombi amafaranga yagombaga gufasha abanyeshuri kwigira ubuntu “ntabwo bwishe itegeko nshinga gusa, ahubwo bwanagambaniye ibyo bwiyemeje ku ruhando mpuzamahanga.”

Yunzemo iti: “Ubu bugambanyi burerekana ubushake bwa Politike bwo guca intege uburasirazuba bwa RDC, kuniga iterambere ry’abaturage babwo no gusenya ubumwe bw’abanyagihugu”.

AFC/M23 kandi yatanze impuruza y’uko ibyakozwe na Kinshasa byerekana ko “ishuri muri RDC ryahindutse umurongo mushya w’urugamba ku butegetsi bwa Kinshasa”, yungamo ko kugaba igitero ku burezi bisobanuye ko ubwo butegetsi bwanakigabye ku hazaza h’igihugu.

Yunzemo iti: “AFC/M23 yamaganye yivuye inyuma iki cyemezo kidakwiye, cy’ubunyamaswa kandi kinyuranyije n’indangagaciro za sosiyete kigize icyaha cyibasiye inyoko muntu. Ibi ni ukwica gukomeye uburenganzira bwa muntu, by’umwihariko uburenganzira bw’umwana buteganywa n’itegeko nshinga rya RDC ndetse n’amasezerano mpuzamahanga atandukanye, arimo aya UNICEF yemejwe n’igihugu cyabo.”

Biteganyijwe ko icyemezo cya Leta ya RDC cyo gukuraho kwigira ubuntu ku banyeshuri bo mu bice M23 igenzura kigira ingaruka ku banyeshuri barenga 530,000 bo muri Kivu y’Amajyaruguru n’abarimu babo barenga 15,100; mu gihe abanyeshuri bo muri Kivu y’Amajyepfo kigiraho ingaruka barenga 930,000 n’abarimu barenga 21,000.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *