IMG-20250603-WA0014

KIPM: Abanya-Rwanda Biteguye kwegukana umudari wa zahabu

Irushanwa Mpuzamahanga ryo gusiganwa ku maguru ryitiriwe amahoro (Kigali International Peace Marathon), rigiye kuba ku nshuro ya 20 mu buryo budasanzwe.

Irushanwa Mpuzamahanga rizwi nka (Kigali International Peace Marathon), risigaje iminsi 4 kugirango ritangire aho riratangira ku wa 8 Kamena 2025, kuri Stade Amahoro ( BK Arena)

Ni irushanwa ritegurwa na RAF ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo, rigiye kuba ku nshuro yayo ya 20 aho insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Isi yose i Kigali na Kigali ku Isi yose!”

Ni irishwana rizaba rigizwe n’ibyiciro bitatu ari byo ‘Full Marathon’ y’ibilometero 42,195Km,  Half Marathon y’ibilometero 21,097km, na Run for Peace ya 10 km ku biruka batarushanwa.

Abanyamahanga bishyura 80$ na 77€, abaturutse muri Afurika y’Iburasirazuba bakishyura 60$ na 57€ n’aho ababa mu Rwanda n’abanyarwanda nyirizina bakishyura 8000 Frw yo kwiyandikisha.

Abazasiganwa mu cyiciro cya “Run for Peace” bazishyura 5000 Frw, abaziyandikishiriza hamwe nk’ikigo bazishyura 1000$, abanyacyubahiro bishyure 500$. Ni mu gihe abanyeshuri n’abatarengeje imyaka 18 bo bemerewe kwitabira batishyuye, ariko bakabanza kwiyandikisha.

Irushanwa Mpuzamahanga ryo gusiganwa ku maguru ryitiriwe amahoro (Kigali International Peace Marathon), rikaba ryaratangiye muri 2005. Kuri iyi nshuro hakazizihizwa isabukuru y’imyaka 20 iri rushanwa rimaze ritangiye.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *