Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’inyeshyamba za Wazalendo, ku Cyumweru, itariki 1 Werurwe 2026, zongeye kwigarurira Umujyi wa Mikenge mu Murenge wa Itombwe, Teritwari ya Mwenga, nta mirwano ibaye.
Hari hashize icyumweru kimwe, umutwe w’abarwanyi wa Twirwaneho uhamagarira abaturage kuva muri ako karere nk’uko amakuru agera kuri Kivu Morning Post avuga.
Mu gitondo cyo ku Cyumweru, aba barwanyi ba Twirwaneho bakorana na AFC/M23 bavuye muri uyu mujyi mbere y’uko ingabo za leta n’inyeshyamba za Wazalendo zibasha kuhagera nyuma ya saa sita.
Amakuru aturuka mu nzego z’ubuyobozi avuga ko ahubwo imirwano hagati y’umutwe wa Twirwaneho n’ingabo za leta na wazalendo, ku Cyumweru, yabereye mu mudugudu wa Ilundu mu misozi ya Minembwe.