Kuva mu gitondo cya kare, nk’uko amakuru agera kuri Actualite.cd abitangaza, aravuga ko inyeshyamba za M23 zateye ibirindiro bya Wazalendo ahitwa Ikambi, umudugudu wa Irega muri Gurupoma ya Luhago kandi ko imirwano ikomeje.
Biravugwa ko Inyeshyamba za AFC/M23 n’ihuriro rya Wazalendo/FARDC bari kurwanira ku musozi wa Kahungwe, utandukanya Luhago na Kaniola, guhera saa 1h00 za mu gitondo, muri Gurupoma ya Kaniola.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu kandi, biravugwa ko Wazalendo yateze igico ijipe yari itwaye inyeshyamba za M23 n’abafatanyabikorwa bazo i Mugogo.
Hakurikiyeho imirwano ikomeje muri Bideka na Mugogo, muri Sheferi ya Ngweshwe, Teritwari ya Walungu, muri Kivu y’Amajyepfo.


