Ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje ko yamaze gutandukana na rutahizamu Ishimwe Kevin, nyuma y’igihe kigera ku mwaka umwe yaramutijwe na APR FC.
Kiyovu Sports yemeje aya makuru mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Ugushyingo.
Iyi kipe kuri ubu iyoboye by’agateganyo urutonde rwa shampiyona yavuze ko yatandukanye n’uyu mukinnyi ku bwumvikane, gusa ntiyasobanura birambuye impamvu nyirizina yatumye itandukana na we.
Cyakora cyo kuva shampiyona yatangira Kevin ni umwe mu bakinnyi batakunze kubona umwanya uhagije wo gukina muri Kiyovu, ibishobora kuba byatumye iyi kipe yo ku Mumena ihitamo kumwikiza.
Tariki ya 20 Mutarama uyu mwaka ni bwo Kiyovu Sports yari yatangaje ko yatijwe Ishimwe Kevin na APR FC kugira ngo ayikinire umwaka w’imikino wa 2020/2021.
APR FC yari yafashe icyemezo cyo kumutiza nyuma yo kumwirukana azira kutumvikana n’umutoza Mohammed Adil Erradi wamushinjaga kumusuzugura.
Uyu munya-Maroc mu Ukuboza 2020 ni we wemeje ko Kevin yirukanwe burundu mu kiganiro n’itangazamakuru.
Ati: “Niba nta kinyabupfura gihari, niba nta guhuza guhari, nta mwanya uhari muri APR mu by’ukuri. Oya, nta kugaruka. Icyemezo cyafashwe hari byinshi byihanganiwe, twarabibonaga tugakosora, tukabibona tugakosora, ariko nyuma y’igihe birarambirana.”
“Ubuyobozi bwa APR, umuryango wa APR wafashe icyemezo kidakuka, ni icyemezo cya nyuma. Nta kugaruka guhari, oya oya. Dukora kinyamwuga, hano dukeneye abakinnyi bafite imyitwarire ya kinyamwuga, y’ikipe kandi bitwara neza muri APR. Niba icyemezo cyafashwe, cyafashwe.”
Ishimwe Kevin wanyuze mu makipe ya Rayon Sports na Pepeniere yageze muri APR FC mu mwaka w’imikino wa 2019/2020 nyuma y’uko yari imaze gusezerera abakinnyi 16 avuye muri AS Kigali.
Kugeza ubu ntiharamenyekana aho agomba kwerekeza nyuma yo gutandukana na Kiyovu Sports.


