Rurangiranwa Klay Thompson wahoze akinira ikipe ya Golden State Warriors mbere yo kwerekeza muri Dallas Mavericks zombi zikina muri NBA, yavuze imyato Umunyarwandakazi Bella Murekatete nyuma yo gufasha ikipe y’Igihugu gutsinda iya Lebanon.
Mu ijoro ryacyeye ni bwo ikipe y’u Rwanda y’abari n’abategarugori yatsinze iya Lebanon amanota 80-62, mu mukino wayo wa mbere mu y’ijonjora ry’ibanze ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya Basketball y’Abagore giteganyijwe kuba mu 2026.
Ni imikino kuri ubu iri kubera muri BK Arena aho yatangirijwe ejo ku wa Mbere.
Muri uriya mukino Bella Murekatete usanzwe akinira Ikipe ya Washington State Cougars Women’s Basketball ikina muri Shampiyona ihuza kaminuza zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, (NCAA Division I), ni umwe mu bitwaye neza banafasha u Rwanda gutsinda uriya mukino bitamugoye.
Uyu mukobwa yaraye atsinze amanota 24, akora ‘rebounds’ zirindwi na ‘assist’ imwe yatanze; ibyatumye ashimirwa n’abarimo Klay Thompson.
Uyu mugabo mu butumwa yanyujije ahandikwa ubutumwa bumara amasaha 24 kuri Instagram, yabwiye Bella Murekatete ati: “Ndakubona Bella Murekatete. Komeza uyobore!”
Murekatete watangiye kwitwara neza muri shampiyona y’umwaka ushize yaje mu bakinnyi 20 bitwaye neza muri Amerika.
Uyu mukobwa wavukiye mu karere ka Huye mu mikino 36 yakinnye, yabarirwaga gutsinda amanota 11 ku mukino, rebound zirindwi na block imwe.
Si ibyo gusa kuko yanaciye uduhigo twinshi muri iyi kipe ye kuko yabashije kuba umukinnyi wa mbere mu mateka wakoze rebound nyinshi (990), block nyinshi (188), wakinnye imikino myinshi (153) ndetse wanabanje mu kibuga inshuro nyinshi (145).
Muri rusange umwaka w’imikino warangiye gutsindira Washington State Cougars Women’s Basketball amanota 1,552, ibyamushyize ku mwanya wa gatanu mu bamaze gutsindira iyi kipe amanota menshi mu mateka yayo.


