Mu mushinga w’itegeko rishya risaba ivugurura rikomeye mu mikorere ya Komisiyo y’Igihugu y’Itorero, harimo no guhindura izina ry’uru rwego. Mu ivugurura, umushinga w’itegeko wasabye ko izina rya Komisiyo y’Igihugu y’Itorero yahindurwa izina ikitwa Itorero ry’u Rwanda.
Uyu mushinga w’itegeko urasaba kandi ko Itorero yibanda kuri gahunda z’abakorerabushake mu gihugu ndetse no mu mahanga.
Rosemary Mbabazi, Minisitiri w’Urubyiruko n’umuco, imbere y’abadepite kuri uyu wa Gatatu, itariki 31 Werurwe yagize ati: “Turashaka gushyira ingufu muri serivisi z’igihugu n’ubukorerabushake kugira ngo dukemure ibibazo bitandukanye bibangamiye sosiyete yacu. Iyi ngingo ntiyitabweho cyane mu itegeko ririmo gusuzumwa. ”
Umushinga w’itegeko wemejwe n’inama rusange y’umutwe w’abadepite.
Ibi bivuze ko uyu mushinga w’itegeko uzimukira mu cyiciro gikurikira cyo gusuzumwa na komite ibishinzwe y’umutwe w’inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite mbere y’uko utorwa mu nteko rusange.
Itorero, kimwe mu bisubizo u Rwanda rwishatsemo, ni gahunda ishingiye ku muco. Ni gahunda ihugura ikubiyemo uburere mboneragihugu, indangagaciro z’umuco, gukunda igihugu no guteza imbere imibereho na politiki by’abanyarwanda.
Mu gihe yasobanuriraga akamaro k’uyu mushinga, minisitiri Mbabazi yabwiye abadepite ko Itorero rizakomeza guhugura Abanyarwanda (cyane cyane urubyiruko) ribigisha indangagaciro z’u Rwanda ariko kandi rizibanda ku kohereza abakorerabushake mu baturage kugirango bagire uruhare mu bikorwa by’igihugu.
Andi mavugurura
Mu mushinga w’itegeko, Itorero rizaba rigizwe n’inzego ebyiri z’ubuyobozi; Inama Nkuru, urwego rukuru rwaryo, n’Urwego Nyobozi.
Ibi bivuze ko inama y’abakomiseri iriho izahindurwamo Inama Nkuru. Inama Nkuru izaba igizwe n’abanyamuryango barindwi barimo Umuyobozi n’Umuyobozi wungirije.
Bitandukanye n’itegeko risanzwe, Inama Nkuru ntishobora kuzakomeza imirimo ku buryo buhoraho (nk’abakozi). Ibi, ukurikije inyandiko isobanura umushinga w’itegeko, byasabwe nyuma yo kumenya amakimbirane ashingiye ku nyungu mu nshingano za ba komiseri n’iz’abakozi.
Uyu mushinga w’itegeko uvuga ko abagize Inama Nkuru bashyirwaho n’Iteka rya Perezida, kandi bafite manda y’imyaka itanu ishobora kongerwa rimwe.
Urwego Nyobozi rw’Itorero ruzaba rugizwe na Perezida, Visi-Perezida ushinzwe ubukorerabushake na serivisi z’igihugu ndetse n’Umunyamabanga Mukuru.
Perezida na Visi-Perezida bazakomeza kuba abakozi bahoraho kugira ngo bayobore kandi bagenzure imikorere y’Itorero ry’u Rwanda ndetse n’ibigo bizashyirwaho muri buri Ntara nyuma nkuko byari byateganijwe mu cyiciro cya mbere cya gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi igamije kwihutisha iterambere (NST1) cyatangiye mu 2017 kuzageza mu 2024.
Depite Emma Furaha Rubagumya yavuze ko hakenewe kongera gahunda y’amahugurwa y’Itorero muri gahunda rusange y’amashuri.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


