Uwahoze ari umudamu wa mbere (First Lady) wa Koreya y’Epfo, Kim Keon Hee, yabaye uwa mbere mu mateka y’igihugu watawe muri yombi akurikiranweho ibyaha.
Mu byaha uyu mugore wa perezida uherutse kweguzwa, Yoon Suk Yeol, aregwa harimo uburiganya mu bijyanye n’isoko ry’imigabane, ruswa no gukoresha icyo ari cyo mu nyungu ze, ibirego bihanishwa igifungo cy’imyaka.
Umushinjacyaha wihariye uyoboye iperereza avuga ko uyu mugore w’imyaka 52 yahakanye ibyo aregwa.
Mu cyumweru gishize, Kim yamaze amasaha menshi ahatwa ibibazo, birangira abashinjacyaha basaba icyemezo cyo kumuta muri yombi.

Ageze ku bushinjacyaha Kim yagize ati: “Ndasaba imbabazi mbikuye ku mutima kuba narateje ibibazo nubwo ndi umuntu udafite akamaro.”
Ni ibihe birego Kim Keon Hee aregwa?
Kimwe mu birego Kim ashinjwa cyaturutse ku byabaye mu 2022, ubwo yitabiriye inama ya NATO hamwe n’umugabo we yambaye umukufi w’agaciro wa Van Cleef bivugwa ko ufite agaciro ka $ 43,000 (€ 37,000).
Bivugwa ko uyu mukufi utigeze ubarurwa mu mitungo y’umuryango wa perezida nkuko amategeko abiteganya.
Kim yavuze ko uwo mukufi mwiza cyane ari ‘fake’ yaguzwe mu myaka 20 ishize muri Hong Kong, ariko ubushinjacyaha buza gusanga mu by’ukuri ari ‘original’.


