WhatsApp Image 2024-12-11 at 12.40.53

Korea y’Epfo: Ibiro bya perezida byasatswe uwari minisitiri w’ingabo agerageza kwiyahura

Kuri uyu wa Gatatu, abapolisi ba Koreya y’Epfo basatse ku biro bya Perezida Yoon Suk Yeol, mu rwego rwo gukora iperereza ryagutse ku kugerageza gushyiraho amategeko ya gisirikare mu cyumweru gishize. Ni mu gihe minisitiri w’ingabo bafatanyije gushyiraho aya mategeko yagerageje kwiyahurira muri kasho.

Ibiro Ntaramakuru, Yonhap, byatangaje ko abashinzwe iperereza rya polisi batanze icyemezo cyo kumusaka cyerekana ko perezida ari we ukekwaho icyaha.

Iri shami mu butumwa AFP yabonye ryagize riti: “Itsinda ryihariye rishinzwe iperereza ryagabye igitero ku biro bya perezida, Ikigo cya Polisi cy’igihugu, Ikigo cya Polisi ya Seoul ndetse n’Urwego rushinzwe umutekano mu Nteko ishinga amategeko.”

Hagati aho, Kim Yong-hyun wahoze ari Minisitiri w’ingabo muri Koreya y’Epfo, bivugwa ko yagize uruhare runini mu gushyiraho amategeko y’intambara yamazeho amasaha macye, yagerageje kwiyahurira aho afungiwe.

Kugerageza kwiyahura byarananiranye kandi Kim aracyariho.

Ibyo tuzi kubijyanye no gushaka kwiyahura

Uwahoze ari minisitiri w’ingabo, yatawe muri yombi ku mugaragaro ashinjwa “kugira uruhare mu mirimo ikomeye mu gihe cy’imyivumbagatanyo” no “gukoresha nabi ububasha bwe kugira ngo abangamire ikoreshwa ry’uburenganzira.”

Komiseri mukuru w’ikigo gishinzwe amagereza muri Koreya, Shin Yong-hae, yatangaje ko Kim yagerageje kwiyahura mbere gato ya saa sita z’ijoro (1500 GMT ku wa Kabiri).

Yagerageje kwiyahura akoresheje umugozi wo mu myenda ye.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *