Urukiko rw’itegeko nshinga rwa Korea y’Epfo rwatangiye kuburanisha urubanza rwo kweguza Perezida Yoon Suk Yeol, wabujijwe gutangaza ibihe bidasanzwe mu gihugu ashyiraho amategeko yo mu bihe by’intambara no gushyira igihugu cye mu gihirahiro cya politiki.
Ku wa Gatandatu ushize, abadepite batoye ko Yoon yegura, nyuma y’uko ibikorwa bye byateje imyigaragambyo ikabije imusaba kuva ku butegetsi.
Ubu urukiko rufite amezi atandatu yo gufata icyemezo cyo gukuraho Yoon cyangwa kumugarura.
Kuva icyo gihe ishyaka rya Yoon riri ku butegetsi, People Power Party (PPP) rihanganye n’ikibazo cyo kuvaho k’umuyobozi wayo akaba yatangaje ko yeguye ku wa Mbere nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.
Mu gihe iburanisha mu ruhame ry’urubanza rw’ubujurire rwa Yoon rishobora gutwara amezi, urukiko ruhatirwa gufata icyemezo vuba no gukuraho impungenge za politiki. Abigaragambyaga bahize ko bazakomeza gusaba ko Yoon yakurwaho mu gihe cy’iburanisha.
Mu bihe bibiri byabanje aho perezida wa Korea y’Epfo yahuye n’ikibazo cyo kweguzwa, urukiko rwahinduye icyemezo kimwe rwemeza ikindi.
Habayeho kwibaza niba urubanza rushobora gukomeza muri dosiye ya Yoon, kubera ko ubu urukiko rufite abacamanza batandatu kuri icyenda. Batatu bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru kandi ntibarasimburwa.
Ariko urukiko rwavuze kuri uyu wa Mbere ko rushobora kuyobora urubanza rwa Yoon hamwe n’abacamanza batandatu gusa, runashyiraho itariki y’iburanisha kuwa 27 Ukuboza.


