Uyu munsi ni kuwa Gatanu tariki 3 Nyakanga 2020. Ni umunsi wa 185 mu minsi igize umwaka w’2020, harabura imisi 181 ngo uyu mwaka ugere ku musozo. Tariki ya 3 Nyankanga 1990, abantu igihumbi n’amagana ane (1400) baguye mu mubyigano wabererye mu murwa mukuru w’idini ya Islam Mecca.
Uko umwaka utashye , abayoboke b’idni ya Islam bakora urugendo rutagatifu ruzwi nka Hajj. Aha Aba Islam baturutse imihannda yose y’Isi batembera mu mijyi ya Mecca na Medina, aho intumwa y’Imana Muhamad yatangiriye imyemerere mishya mu kinyejana cya 6.
Biturutse ku bwinshi bw’abisilamu bitabira uyu mutambagiro, ku wa 3 Nyakanga 1990 habaye umubyigano ukabije mu mihanda itandukanye yo muri Saudi Arabia, abantu 1400 bahasiga ubuzima.
Mu mwaka w’1987 kandi nabwo abari bitabiriye urwo rugendo batewe n’abahezanguni bo muri Iran, bicamo abagera kuri 400. Mu mwaka 1994 nabwo 270 bitabye Imana baguye mu muvundo.
Si uyu mubyigano wakomeje kwibasira abitabiriye umutambagiro mutagatifu gusa, kuko nko mu 1997, inkongi y’umuriro yibasiye amahema yari acumbitsemo abitabiriye uru rugendo, 340 hakahasiga ubuzima abarenga 1500 bagakomereka .
Mu bindi byaranze uyu munsi mu mateka twavuga na none nk’indege ebyiri z’ikigo cya Saudi Arabia gitwara abagenzi zakomanye amababa, abantu 261 bagasiga ubuzima.
Umutambagiro mutagatifu w’i Macca ni imwe mu nkingi eshanu zigize idini ya Islam, aho umuyisilamu wese ubifitiye ubushobozi asabwa byibura kujya muri uwo mutambagiro rimwe mu buzima bwe.
Umutambagiro w’uyu mwaka ku bantu baturutse hirya no hino ku Isi warasubitswe bitewe n’impamvu zo gukumira icyorenzo cya Koronavirusi.


