screenshot_20221203-051347_1.jpg

Kurwanya u Rwanda bisobanuye kurwanya Uganda_Gen. Muhoozi

Umujyanama wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko afitiye impuhwe abafitiye urwango Perezida Paul Kagame; ashimangira ko kurwanya u Rwanda ayoboye binasobanuye kurwanya Uganda.

Ni mu butumwa uyu mujenerali w’inyenyeri enye yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter.

Yagize ati: “Ndi Jenerali w’inyenyeri enye. Ibintu bike ku Isi ni byo ntigeze mbona, ariko mfitiye impuhwe n’abanga data wacu Jenerali Kagame. Kurwanya u Rwanda bisobanuye kurwanya Uganda.”

Gen. Muhoozi mu bundi butumwa yanditse kuri ruriya rubuga mbere yo kubusiba mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, yavuze ko asenga n’umutima we wose kugira ngo hatagira intambara ibaho, gusa avuga ko yumva ijwi rya nyakwigendera Fred Rwigema rimubwira ko atazigera aba Jenerali w’igihangange nka we mu gihe cyose atarwanirira Abanyarwanda n’abanya-Uganda.

Ati: “Ndasenga cyane kugira ngo hatabaho intambara. Nzi icyo intambara ivuze. Mu ntambara, nta gisirikare kica cyane kurusha UPDF/RDF. Ndumva ijwi rya Afande Rwigema rimbwira ko ntazigera mba igihangange nka we kugeza igihe nzarwanira n’Isi yose ku bw’abaturage bacu.”

screenshot_20221203-051347_1.jpg

Gen. Muhoozi mu butumwa bwe ntiyigeze avuga mu mazina abo yitsagaho.

Ubutumwa bwe cyakora cyo bwaje mu gihe ibintu bikomeje gusa n’ibiba bibi mu mubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho abanye-Congo by’umwihariko bamaze igihe bibasira Perezida Kagame bashinja gufasha umutwe wa M23.

Uretse u Rwanda rushinjwa gufasha uyu mutwe, abanye-Congo bamaze igihe banikoma Uganda na yo bashinja gufasha uriya mutwe; ibyo bavuga ko bishimangirwa n’amagambo y’umusirikare ukomeye nka Gen. Muhoozi.

Ni Muhoozi mu minsi yashize wagaragaje ko kurwanya M23 ari bibi cyane, bijyanye no kuba abarwanyi b’uyu mutwe baharanira uburenganzira bw’abaturage b’Abatutsi bo muri Congo bamaze igihe bahohoterwa.

Perezida Paul Kagame muri iki cyumweru ubwo yari amaze kwakira indahiro ya Minisitiri w’ubuzima ndetse n’iy’Umunyamabanga wa Leta muri iyo Minisiteri; yavuze ko atumva impamvu M23 ari yo ikomeje kuba ikibazo mu mitwe irenga 100 ikorera mu burasirazuba bwa Congo.

Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko kuba Congo ikomeje kwikoma u Rwanda irwitirira M23 biri mu mugambi w’ubutegetsi bw’i Kinshasa wo gushaka impamvu y’uko amatora ateganyijwe mu mwaka utaha yakwimurwa.

Ni amagambo yatumye abanye-Congo kugeza no kuri Minisitiri wabo w’Itumanaho bibasira Perezida Kagame, bakavuga ko nta masomo akwiye kwigisha Congo mu bijyanye na demukarasi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *