Kwizera washyingiranwe n'umurusha imyaka 27 yakatiwe imyaka 10

Ku wa 30 Kanama, urukiko rwisumbuye rwa Ngoma rwakatiye Kwizera Evariste washyingiranwe na Mukaperezida imyaka 10 y’igifungo nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gusambanya umwana akanamukuramo inda y’ibyumweru 12.

Kwizera w’imyaka 21 y’amavuko yarezwe n’umubyeyi w’uyu mwana (wavutse mu 2004) witwa Gwizimpundu Alice wavuze ko iki cyaha cyakozwe ku wa 3 Mata 2019.

Yahakanye iki cyaha biba ngombwa ko `hifashishwa ibizamini bya DNA. Nk’uko Kigali Today yabitangaje kuri uyu wa 1 Nzeri, ibizamini byagaragaje ko amaraso ya Kwizera n’uyu mwana bihura 99.99%.

Byatumye Kwizera yemera icyaha ndetse abisabira imbabazi.

Ubushinjacyaha bwamukatiye imyaka 25 y’igifungo ariko uwunganira Kwizera mu mategeko asaba ko yakigabanyirizwa kuko yemeye icyaha akanasaba imbabazi.

Muri Mutarama ni bwo Kwizera yasezeranye na Mukaperezida Clotilde w’imyaka 48 y’amavuko, umuryango we uba ikimenyabose bitewe n’uko itangazamakuru ryawuvuzeho. Inkuru y’itabwa muri yombi rye yavuzwe mu ntango za Kamena ubwo yakurikiranwagaho iki cyaha.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *