Attilio Viviani ni we wegukanye agace ka mbere

La Tropicale Amissa Bongo: Areruya Joseph na bagenzi be ntibahiriwe n’agace ka mbere

Areruya Joseph na bagenzi be bafatanyije guhagararira u Rwanda mu isiganwa ry’amagare rya La Tropicale Amissa Bongo rizenguruka igihugu cya Gabon, ntabwo bahiriwe n’agace ka mbere k’iri siganwa.

Kuri uyu wa mbere abasiganwa bari bahagurutse ahitwa Bitam berekeza mu gace ka Ebolowa twombi duherereye mu gihugu cya Cameroon, ku ntera ingana na Kilometero 149.

Abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda nka Areruya Joseph watwaye iri siganwa muri 2018 na Mugisha Moise, bagerageje gukoresha imbaraga mu gace ka mbere karyo ariko ntihagira n’umwe byibura uza muri batanu ba mbere.

Areruya Joseph yigaragaje cyane muri kilometer 30 za nyuma z’iri siganwa, ubwo yari imbere ya bagenzi be ariko ahatanye cyane n’abakinnyi nka Carlos Iván Oyarzún na Julien Antomarchi.

Umutaliyani Attilio Viviani ukinira ikipe ya Cofidis yo mu Bufaransa, akaba umuvandimwe Elia Viviani umenyerewe mu masiganwa y’amagare yo ku mugabane w’Uburayi, yarushije bagenzi be sprint yegukana agace ka mbere k’iri siganwa.

Attilio Viviani ni we wegukanye agace ka mbere
Attilio Viviani ni we wegukanye agace ka mbere

Yakurikiwe na mwene wabo Lorrenzo Manzin ukinira Direct Energie yo mu Bufaransa, Umunya-Eritrea Biniam Girmay Team Delko One Provence aba uwa gatatu, uwa kane aba Damien Gaudin wa Direct Energie, mu gihe uwa gatanu yabaye Henok Mulubrhan ukinira ikipe y’igihugu ya Eritrea.

Umunyarwanda waje hafi ni Mugisha Moise waje ku mwanya wa gatanu arushwa amasegonda ane n’uwa mbere, Uhiriwe Renus waje ku mwanya wa 28 na Areruya Joseph waje ku mwanya wa 42.

Urutonde
Urutonde

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *