Ladislas Ntaganzwa hagati y'abanyamategeko

Ladislas Ntaganzwa wahamwe n’ibyaha bya Jenoside yakatiwe igifungo cya burundu

Urukiko Rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka rwa Nyanza kuri uyu wa 28 Gicurasi 2020, rwakatiye Ntaganzwa Ladislas igifungo cya burundu nyuma y’aho ahamwe n’ibyaha yakoze muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ntaganzwa ari mu bantu bashakishijwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, i Arusha muri Tanzania.

Yari ku rutonde rw’abantu 9 bashakishwaga na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, buri wese yashyiriweho miliyoni 5 z’amadolari y’Amerika, rwariho Kabuga Félicien, Bizimana Augustin n’abandi.

Ntaganzwa afite imyaka 58 y’amavuko. Yabaye Bourgmestre wa Komini ya Nyakizu muri Prefecture ya Butare, ubu ni mu Karere ka Nyaruguru.

Yaterewe muri yombi muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo mu Kuboza 2015, yoherezwa mu Rwanda muri Werurwe 2016.

Ibyaha bitanu ni byo Ntaganzwa yaregwaga birimo: icya Jenoside, icyo gushishikariza abantu gukora jenoside, kurimbura imbaga, kwica no gukoresha imibonano mpuzabitsina ku ngufu.

Ladislas Ntaganzwa hagati y'abanyamategeko
Ladislas Ntaganzwa hagati y’abanyamategeko

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *