Mu mugoroba w’uyu wa 4 Kanama 2020, mu murwa wa Liban, Beirut habaye iturika ridasanzwe ryaguyemo abantu bagera kuri 30, abandi bagera ku 3000 bakomeretse.
Guverineri wa Beirut, Marwan Abboud yageze aho iri turika ryabereye bimwanga mu nda, asuka amarira, arangije abwira itangazamakuru ati: “Mu buzima sinigeze mbona kwangirika kugeza aha. Ibi binyibukije ibyabereye Hiroshima na Nagasaki.”
Guverineri Abboub yemeza ko iri turika ritaramenyerwa impamvu, ryateje igihugu igihombo gikomeye ku buryo bizakigora kwivana mu ngaruka zacyo.
Umubare w’abapfiriye muri iri turika ushobora kwiyongera bitewe n’uko harimo abakomeretse cyane kandi benshi. Ibitaro biri muri Beirut byakiriye abarwayi, biruzura, ku buryo hari inkomere zabuze abaganga bo kuzitaho.





