Liberia: Bagiye mu cyiciro cya 2 cy’amatora nyuma yo kubura uwatsinze mu cya mbere

Kuri uyu wa Kabiri, Komisiyo y’amatora muri Liberia yatangaje ko hazaba icyiciro cya kabiri cy’amatora mu kwezi gutaha nyuma y’uko Perezida George Weah n’uwo bahanganye ukomeye, Joseph Nyumah Boakai, bombi bananiwe kugira amajwi asabwa mu cyiciro cya mbere.

Komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora (NEC) ivuga ko Perezida Weah yabonye amajwi 43.83% mu matora yo ku itariki ya 10 Ukwakira, mu gihe uwahoze ari Visi Perezida, Boakai, yabonye 43.44%.

Ni ko guhangana gukomeye mu matora muri iki gihugu cya Afurika y’Iburengerazuba kuva intambara y’abenegihugu yarangira mu myaka 20 ishize.

Itegekonshinga rya Liberia risaba umukandida wa perezida kubona amajwi arenga 50% mu cyiciro cya mbere cy’amatora kugira ngo atsinde byimazeyo nk’uko iyi nkuru dukesha Russia Today ivuga.

“Hamwe n’ibyavuye mu matora yo ku itariki ya 10 Ukwakira byerekana ko nta mukandida wabonye 50 ku ijana hiyongereyeho ijwi rimwe, haratangajwe ko andi matora azaba ku wa Kabiri, itariki 14 Ugushyingo 2023 hagati y’abakandida bombi babonye amajwi menshi, ”

Perezida Weah, w’imyaka 57, yahoze ari umukinnyi mpuzamahanga w’umupira w’amaguru ukomeje kuba umunyafurika rukumbi wegukanye Ballon d’or. Ubu azahura na Boakai mu cyiciro cya kabiri nyuma y’uko nta n’umwe mu bakandida 18 basigaye wabonye amajwi arenga 3%.

Weah yatorewe kuba perezida mu 2017 mu gihe muri Liberia habaga ihererekanya ry’ubutegetsi rya mbere mu nzira ya demokarasi mu myaka 70 yari ishize, aho yatsinze n’amajwi 60% mu cyiciro cya kabiri ahanganye nabwo na Boakai.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *