image_2023-05-09_054202159.png

Lionel Messi mu nzira zisanga Cristiano muri Soudi Arabia

image_2023-05-09_054202159.png
Amakuru akomeje gucicikana mu mikino , ni uko Lionel Messi agiye kwerekeza mu gihugu cya Soudi Arabia mu kwezi kwa Nyakanga .

Amakuru yamaze kwemezwa ko Messi yasinye amasezerano ya miliyoni 522 z’amayero (EURO),ngo yerekeze mu ikipe ya Al nassr isanzwe ikinamo Cristiano Ronaldo.

Ni nyuma y’uko mu minsi ishize yari yahagaritswe na Paris Saint Germain, azira ko yagiye muri iki gihugu nta ruhushya, ariko nyuma yaje gusaba imbabazi aza no gusubira mu myitozo mu ntangiro z’iki cyumweru.

Amakuru avuga ko Messi azajya ahembwa ama EURO Miliyoni 400 , kuri Sezo(Season) bisobanuye ko akubye hafi inshuro eshatu Cristiano kuko we ahembwa Miliyoni 176Euro.Abasesenguzi bavuga ko aba bakinnyi bazajegajeza ubutunzi bw’iki gihugu kuko umubare w’amafaranga ateganyijwe kubagendaho agera kuri Miliyali 620 z’amadolari.

Messi agiye kwerekeza muri Al nassr, nyuma y’uko Ubuyobozi bwa Paris Saint Germain butangaje ko butazongerera amasezerano uyu mukinnyi, aho byavugwaga ko azasubira mu ikipe ya Fc Barcelona yahoze akinamo, gusa ntibyari byemejwe kuko iyi kipe ihora ivuga ko ubukungu butifashe neza kuburyo yamwigondera.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *