Téte António, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Angola akaba n’intumwa ya João Manuel Gonçalves Lourenço, Perezida wa Angola akaba na Perezida w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri iki gihe, yakiriwe ku wa Kane, itariki ya 15 Mutarama 2026, n’Umukuru w’igihugu cya Congo, Félix Tshisekedi, mu murwa mukuru wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Kinshasa.
Nk’uko byatangajwe na Perezidansi ya Angola, yatangaje aya makuru, iyi nama iri mu bikorwa bya politiki na diplomasi bikorwa mu rwego rwo kwimakaza amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Perezidansi ya Angola yagize iti: “Muri iyo nama, minisitiri yagejeje ubutumwa mu magambo Perezida João Lourenço yageneye Umukuru w’igihugu cya Congo.”
Mbere y’iyi nama, João Lourenço yari yakiriye abahagarariye Inama y’Abepiskopi y’igihugu cya Congo (CENCO) n’Itorero rya Kristo muri Congo (ECC) i Luanda.
Aba banyamadini bamaze igihe basaba ubutegetsi gutegura ibiganiro hagati y’abenegihugu bose harimo n’abahagarariye AFC/M23, ariko ntibubikozwa.
Urugendo rw’aba banyamadini rwakurikiye urwakozwe na Tshisekedi inshuro ebyiri mu cyumweru kimwe i Luanda, aho asa nk’aho yongeye kugirira icyizere nyuma yo kutanyurwa n’izindi nzira za dipolomasi za Doha na Washington.


