Lt Col wa FARDC yahungiye muri M23

Umutwe wa M23 wemeje ko wakiriye Lieutenant Colonel mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), nyuma yo guhunga ‘amabi’ zikomeje gukora.

Bertrand Bisimwa uyobora ishami rya Politiki muri uwo mutwe yemeje ko ku wa Kane tariki ya 9 Ugushyingo ari bwo Lt Col Yusto Kanyove yahungiye muri uriya mutwe, nyuma y’igihe akangishwa ko azicwa.

Yanditse ku rubuga rwe rwa X ati: “Lt Col Yusto Kanyove wo muri Régiment ya FARDC ya 1,303 ifite ibirindiro i Kibirizi, uyu munsi yiyunze kuri M23. Yahunze gukangishwa urupfu, urwango ndetse n’itoteza abasirikare b’Abatutsi bahura na byo muri FARDC.”

Ihunga ry’uyu musirikare ryahuriranye n’urupfu rwa Capitaine Rukatura wa FARDC wiciwe i Goma ku mugoroba wo ku wa Kane.

M23 ivuga ko uyu Ofisiye muto yatwitswe na bagenzi be bamuhora kuba ari uwo mu bwoko bw’Abatutsi, igaragaza ko ibyabaye ari igisebo ku butegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *