Lieutenant-Colonel Willy Ngoma wari umuvugizi wa gisirikare w’umutwe wa AFC/M23, yishwe n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko Lt. Col Willy Ngoma yiciwe mu gitero cya drone ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo Kinshasa zagabye ku modoka zari zitwaye intumwa za AFC/M23, mu gace ka Rubaya muri Teritwari ya Masisi.
Amakuru avuga ko usibye Ngoma, nta wundi waguye muri kiriya gitero n’ubwo ngo hari abandi ba Ofisiye bagikomerekeyemo.
Ubuyobozi bwa AFC/M23 ntiburemeza amakuru y’urupfu rwe ku mugaragaro, gusa umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri yemeje amakuru ya biriya bitero.
Yanditse ku rubuga rwe rwa X ati: “Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 24 Gashyantare 2026, guhera saa munani n’iminota 43 zo mu rucyerera, indege zitagira abapilote (drones) z’ingabo zishyize hamwe za leta ya Kinshasa zirimo kurasa buhumyi umujyi wa Rubaya, zica igikuba kandi zica abasivili b’inzirakarengane. Iki gikorwa cy’ubunyamaswa kigize icyaha cyibasiye inyokomuntu ndetse n’icyaha cy’intambara.”
Lt. Col Willy Ngoma yamenyekanye cyane kuva muri 2021, ubwo inyeshyamba za AFC/M23 yari abereye umuvugizi zuburaga intambara zirwanamo na Leta y’i Kinshasa.
Uyu mugabo wari ufite ipeti rya Major, muri 2023 ni bwo yazamuwe mu ntera agirwa Lieutenant-Colonel.
Amakuru icyakora avuga ko yari mu barwanyi ba M23 bafashe umujyi wa Goma muri 2012 bawirukanyemo ingabo za Leta ya RDC, ndetse yanakunze gutangaza ko yahoze mu barinzi ba Etienne Tshisekedi, se wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa RDC.
Ngoma yamenyekanye cyane ndetse akundwa n’abatari bake kubera gutanga amakuru y’uko M23 yabaga irimo yitwara ku rugamba.
Willy Ngoma yishwe, mu gihe uruhande rwa Leta ya Kinshasa rwari rwarakunze kumubika.


