GfYvqhLWgAAVOYC

Lubero: FARDC yongeye guhagurutsa indege za Sukhoi nyuma y’igihe kirekire

Kuva ku isaha ya saa cyenda mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru, itariki ya 22 Ukuboza 2024, ingabo z’ihuriro ry’ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye ibitero simusiga ku turere dutuwe cyane nka LuberoCentre, Kitsambiro no mu nkengero zaho ndetse no ku birindiro bya M23.

Uruhande rwa M23 ruvuga ko rwiyemeje gucecekesha izo ntwaro.

Muri Mambasa na Alimbongo (Lubero), Ingabo za Congo (FARDC) nyuma y’igihe kirekire zongeye gukoresha indege zabo z’intambara za Sukhoi zaturutse mu mujyi wa Goma.

Indi mirwano muri iki gitondo cyoku Cyumweru kandi yavuzwe ku muhanda Mema-Katale muri Teritwari ya Masisi nk’uko tubikesha Kivu Morning Post.

Kuwa Gatandatu, itariki 21 Ukuboza, M23 yafashe Kamandi-Lac ivuga ko ishaka gukomeza kwigarurira indi midugudu nka Taliha, Kiserereka na Lunyasenge mu majyepfo ya Teritwari ya Lubero.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *