Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Christophe Lutundula, yemeje byeruye ko igisirikare cy’igihugu, FARDC, kiri kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23 mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Lutundula, muri Nzeri 2023 ubwo yari i New York muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yahishuye umugambi wa FARDC wo gutangira kurasa kuri M23 mu gihe itava mu bice imaze igihe igenzura.
Icyo gihe yagize ati: “Guhera tariki ya 24 Nzeri, batiri zose zizifashishwa mu gusubizaho ubuyobozi bwa Leta mu bice byose byafashwe n’inyeshyamba za M23 kuko zanze kuhava mu mahoro. Perezida yarabivuze ntabwo ari ibanga. Mu minsi mike, nihatagira igikorwa, tuzakora buri kimwe. Byose mbivuze mu izina ry’Umukuru w’Igihugu.”
Nyuma y’agahenge kari kamaze igihe kirekire, M23 yatangiye kugabwaho ibitero tariki ya 1 Ukwakira 2023, itangaza ko iri guterwa n’ihuriro ry’ingabo zirimo FARDC, Wazalendo, FDLR n’abacancuro, ariko Leta ya RDC ihakana uruhare rwayo, ahubwo isobanura ko urubyiruko “rukunda igihugu” rwa Wazalendo ari rwo rubikora, rugamije kubohoza ubutaka bw’igihugu.
Gusa mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa 23 Ukwakira 2023, Lutundula yavuze ko Leta iri kurwana na M23 kugira ngo ibohoze ubutaka yambuwe, abaturage bari barahunze batahe, bitegure amatora. Ati: “Turarwana kugira ngo Abanyekongo batuye ku butaka buri mu maboko ya M23 bazitabire amatora y’abayobozi babo.”
Lutundula yakomeje agira ati: “Ni uburenganzira, ni inshingano z’Itegekonshinga. Inzego za Repubulika zifite inshingano zo gushyira ibintu mu buryo kugira ngo abone uburenganzira bwe kandi yuzuze inshingano ze. Turi kurwana kugira ngo Abanyekongo bagenzi bacu basubire mu ngo zabo.”
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga yemeje aya makuru nyuma y’aho mu nama y’abaminisitiri yateranye tariki ya 20 Ukwakira, Perezida Félix Tshisekedi yategetse ko abaturage bari barahunze basubizwa mu bice M23 yavuyemo kugira ngo bitegure amatora yo mu Kuboza 2023, kandi inzego zibishinzwe zikabarindira umutekano.
Ubu imirwano ikomeje gufata intera, aho mu gitondo cy’uyu wa 24 Ukwakira M23 yatangaje ko FARDC, FDLR, abacancuro na Wazalendo bagabye igitero mu bice igenzura muri gurupoma ya Kibumba, gurupoma ya Nyiragongo.


