Agathon Rwasa yirukanwe ku buyobozi bw’ishyaka CNL

Umunyapolitiki Agathon Rwasa, yirukanwe ku buyobozi bw’ishyaka CNL ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi.

Rwaka yirukanwe n’abadepite 10 bagize Politiki ya ririya shyaka, nyuma y’igihe gito abahagaritse mu ishyaka.

Aba badepite bamwihindutse bamuhagarika bamushinja “amakosa akomeye”, arimo gucurira “umugambi mubisha inzego z’ishyaka ndetse no kunyereza umutungo w’ishyaka.”

Ishyaka CNL biciye mu munyamabanga waryo mukuru, ryasabye abayoboke baryo bose “kudaha agaciro itangazo rimaze gusohorwa n’agatsiko kamaze iminsi karajwe ishinga no kuduruvanganya ibikorwa by’ishyaka CNL.”

Depite Simon Bizimungu yibukije bariya badepite birukanye Rwasa ko “ibihe byo guhirika inzego nta mwanya bigifite muri iyi myaka tugezemo.”

Uyu yateye utwatsi ibyatangajwe na bariya badepite 10, mbere yo gusaba abayoboke ba CNL gukomeza gushyigikira Agathon Rwasa.

Ishyaka CNL rimaze igihe rivugwamo umwuka mubi.

Agathon Rwasa avuga ko icyemezo cyo guhagarika bariya badepite yafashe agifitiye ububasha, kandi ko kubagarura mu ishyaka bizagenwa n’abanyamuryango baryo.

Agathon Rwasa ashinja abo yahagaritse, barimo n’uwari umuvugizi wa CNL, kudakurikiza amabwirizwa y’ishyaka ndetse n’andi makosa avuga ko “akomeye”.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *