imitwe_izifatanya_na_fdlr_yaburiwe-d4f8a

M23 mu marembo ya Walikale

Umutwe wa M23 wamaze kugera mu marembo ya Centre ya Walikale, nyuma y’imirwano ikomeye yawusakiranyije n’ingabo za Leta ya Congo Kinshasa.

Amakuru avuga ko kuri ubu ingabo za M23 zamaze kugera ahitwa Mubanda, mu bilometero bibarirwa muri 4 uvuye Walikale-Centre.

Byari nyuma yo kwigarurira ibirindiro by’ingabo za Leta biri ahitwa Ngora, mu bilometero 12 uvuye muri iriya Centre.

Ibinyamakuru byo muri Congo biravuga ko nyuma yo kugera mu marembo ya Walikale, Ingabo za Leta ya Congo zahise zitangira guhunga zerekeza mu mujyi wa Kisangani.

M23 yateye intambwe yo kwigarurira Walikale-Centre, mu gihe ku wa Kabiri yari yahuriye n’akazi gakomeye mu gace kari hagati ya Kibua na Mpofi.

Imirwano ikomeye ikomeje kubera muri Teritwari ya Walikale, mu gihe ku wa Kabiri ubwo Perezida Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahuriraga i Doha na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda bari basabwe n’umuyobozi w’ikirenga wa Qatar agahenge.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *